Rwamagana: Urubyiruko rwize ubugeni rwatangiye kububyaza umusaruro

Urubyiruko rwize ubugeni mu bijyanye no gushushanya ndetse no gukora ibibumbano ubu bakaba bari kubikorera mu Karere ka Rwamagana aho banatangiye kubibyaza umusaruro impano n’ubumenyi bafite biteza imbere.

May 21, 2025 - 15:19
May 22, 2025 - 10:08
 0
Rwamagana: Urubyiruko rwize  ubugeni rwatangiye kububyaza umusaruro
Ubugeni bwabateje imbere (Ifoto /Jane U.)
Rwamagana: Urubyiruko rwize  ubugeni rwatangiye kububyaza umusaruro
Rwamagana: Urubyiruko rwize  ubugeni rwatangiye kububyaza umusaruro
Rwamagana: Urubyiruko rwize  ubugeni rwatangiye kububyaza umusaruro
Rwamagana: Urubyiruko rwize  ubugeni rwatangiye kububyaza umusaruro

Mu kigo cy’urubyiruko cya Rwamagana kiri mu murenge wa Kigabiro urubyiruko ruri  mu mikoro ngiro bamwe barashushanya ,abandi barakora ibibumbano ,bamwe muri bo barabyize mu mashuri yisumbuye ndetse ubu barabibyaza umusaruro bigisha bagenzi babo ndetse bakanakora ibyo kugurisha hirya no hino muri aka karere  no hirya yakoRukundo Akili ni umwe muri bo ati”Gushushanya byatangiye ari impano gusa naje no kubyiga imyaka itatu mu ishuri ryigisha ubugeni ku Nyundo,nyuma yaho nibwo natangiye kuza hano ntangira akazi ,icyo navuga ni uko ubu bugeni dukora turabucuruza kuko tubukuramo amafaranga afatika”

 Mugisha Josuee nawe yize ibijyanye no gukora ibibumbano avuga ko hari aho bimaze kumugeza ati”Ngerageza gukora amasitati manini, iyo ubonye nk’abantu bagusaba kubakorera rwose ukuramo amafaranga aryoshye,numva nshaka kuzagera kure cyane mbikesha ubu bugeni ku buryo nzagera naho nkorana n’ibigo byo hanze “

Mucunguzi Ronald nawe akora akazi ko gushushanya akaba abimazemo imyaka icyenda , avuga ko iyi mpano yamugiriye akamaro kuko ubu hari  byinshi amaze kugeraho ati''Hari ababikora kubera ko byabajemo gusa ariko iyo ubishyizemo imbaraga biguha n’umugati ,urugero nkanjye byangejeje kuri byinshi byiza kuko nagiye mu marushanwa ya Youth Connect ndatsinda bampemba miliyoni eshanu mpita nguramo imashini zimfasha n’ubundi muri aka kazi kandi nazo zambyariye inyungu “

 Umuhuzabikorwa w’ikigo cy’urubyiruko mu karere ka Rwamagana Nkusi Anatole yemeza ko hari urubyiruko rwinshi rubayeho neza babikesha ubugeni ati” Ni amahugurwa tubaha y’amezi atatu  n’ubundi tubifashwamo n'ababyize ahandi mu bigo by’amashuri ndetse hari n’ibindi bigo twagiye dukorana tukabaha  abana bakabatwigishiriza kandi ubu birabatunze ndetse bagiye no kubikora ahandi nko mu Mujyi wa Kigali ndetse no hanze y’igihugu barahari''.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Rwamagana Kagabo Richards asaba urubyirko gukora rukiteza imbere  ,avuga ko aka karere gafite amahirwe y’isoko rinini kuko kanatuwe cyane ashishikariza urubyiruko  gukora cyane ati”Icyambere abaturage bonyine barenga ibihumbi magana atanu nabo ubwabo ni isoko ,mu kazi kose kavuka ntabwo ushobora kubura abaguzi, icyo dusaba urubyiruko ni ugukura amaboko mu mifuka bakiga bakamenya ndetse bakanashyira mu ngiro ibyo bize ndetse bakanaguka ibyo bakora bakanabigeza kure hashoboka harimo no mu mujyi wa Kigali kuko tuhegereye”

 Nkuko abakora ubugeni babivuga abenshi mu baguzi  bibaza impamvu ibishushanyo n’imitako ikorwa n’abanyabugeni bihenda mu gihe bo bavuga ko  bakoresha ibikoresho bihenze birimo ibiti,amarangi ndetse n’imashini bifashisha mu kubikora .

Jane Uwamwiza / Rwamagana