NGOMA :Bamwe mu bangavu babyaye baterwa ipfunwe no kujya gukingiza abana babo

Bamwe mu bangavu bo mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bafatiranywe kubera ubukene bwatewe n’icyorezo cya covid 19 bavuga ko bakimara kubyara batinyaga guheka abana ngo babajyana kubapimisha ibiro no kubakingiza kwa muganga

Oct 27, 2022 - 11:18
Oct 27, 2022 - 11:22
 0

Gupimisha abana buri  kwezi kwa muganga  cyangwa mu bajyanama b’ubuzima no kubakingiza  kugira ngo   hakurikiranwe  imikurire yabo  nibyo byagoye bamwe mu bangavu bo mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma mu gihe babyaraga babitewe n’imibereho mibi yazanywe na Covid 19 .Umwali Hope ni umwangavu twahinduriye umwirondoro ati’’Nibwiraga ko abantu banegura  bavuga ko niyandaritse ,gusa nagezaho ndemera ndamuheka njyana umwana wanjye kumupimisha numvaga mfite ipfunwe rwose .’’

Mugenzi we nawe wabyaye akiri umwangavu twise Alice  Nyirarukundo ati ’’ Nabanje gutinya gukingiza ntinya ko bagenzi banjye banseka ariko kubera ko umwana ari uwanjye ’’

Niyomutesi  Valentine  umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Karembo avuga ko koko hari abangavu batinyaga kujya gukingiza abana ariko ko ku bufatanye n’ababyeyi  byashobotse kandi hakazanakomeza gahunda y’ubukangurambaga  ati ’’Byarakozwe  hari ababyaye uyu mwaka baraganirijwe  batubwira ibibazo bafite twanaganirije n’ababyeyi ,tubaba hafi kugira ngo turinde n’abandi bana bataba baterwa inda .’’

Gupimisha abana bakiri bato kugeza ku mezi icyenda  bifasha umubyeyi kumenya uko umwana we akura bityo bikamurinda kuba yarwaza umwana imirire mibi no kurwaragurika .

Uwayezu Meditrice  /Karembo