Ngoma :Abakeneye ubuvuzi bwihariye ku gice cy'ijosi no kuzamura bagenewe inzobere zo kubitaho

Abagana ibitaro byo ku rwego rwa Kabiri byigisha bya Kibungo mu karere ka Ngoma bafite uburwayi bwo ku muhogo amatwi n’amazuru bahawe ubuvuzi bwo kubagwa kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Mata 2025 bashima inzobere ziri kubafasha muri ubwo burwayi bakagaragaza ko ubu ubuzima bwabo bumeze neza .

Apr 23, 2025 - 10:11
Apr 23, 2025 - 16:26
 0
Ngoma :Abakeneye ubuvuzi bwihariye ku gice cy'ijosi no kuzamura bagenewe inzobere zo kubitaho
Ibitaro bya Kibungo (Ifoto /Internet )

Ishyirahamwe ry’abaganga rizwi nka  Rwanda Otolyngology head and neck surgery society riri mu bikorwa byo kuvura abagana ibitaro byo ku rwego rwa Kabiri byigisha bya Kibungo mu karere ka Ngoma bafite uburwayi bwo ku muhogo, amatwi n’amazuru.

Abamaze kubagwa bishimiye  ko bahuye n’ izi nzobere ziri gufatanya n’abasanzwe kuri ibi bitaro bakagaragaza ko nyuma yo kubagwa bameze neza ndetse bamwe bahise basubira mu miryango yabo nkuko bivugwa na  Gashema Ennock umuturage wo mu karere ka Ngoma , yaje arwaye utubyimba ku mpande zose z’amatwi aho yaburaga uko asohora  umwuka w’imvubura z’amacandwe Ati’’Naje kwivuza meze nabi ntaryama ntabasha gucira aho izi nzobere zimbagiye ndumva nakize meze neza ,ubu ngiye no gusezeza kugira ngo ntahe ,kuko icyo narindwaye cyakize ndashima ubuyobozi bw’ibi bitaro butekereza ku barwayi bagana ibi bitaro kuko nahaje inshuro nyinshi nakirwa n’inzobere imwe kugira ngo  ibanze insuzume mbone kujya mu bazabagwa utu tubyimba ,ubu rero nakize pe’’.

Kiberinka Liliane ni  umuturage wo mu karere ka Kayonza yaje arwaye umwingo aho avuga ko wamuteraga kugira icyaka Ati’’ Nari narihebye numva ko ntazabona umvura kuko nararaga amajoro nabuze ubuhumekero kubera umwingo kuko utera icyaka no kwiyongera ibiro kuri ubu nabazwe neza ni ubwo numvaga mfite impungenge z’uko ntaribuve ku iseta ariko ubu ndi muzima rwose ndashima izi nzobere zidusubiza ubuzima nyuma yuko tuba twihebye'' .

Dr Ndamyiyumva Etienne umuganga uhagarariye itsinda ry’inzobere  riri kuvura abarwayi bafite uburwayi bufata amatwi, amazuru , umuhogo agaragaza ko gufatanya n’abasanzwe bakorera kuri ibi  bitaro bizatuma abazirwara bagana ibi bitaro bazakirwa ari benshi ati’’ Twahisemo kwishyira hamwe nk’inzobere mu kuvura indwara zifata ku ijosi, umuhogo, amatwi n’amazuru. Iyo batubwiye ko hari ahantu hari abarwayi benshi tujyayo gufatanya n’abakozi bahasanzwe tukavura abarwayi baba bakeneye iyo serivise ,muri iyi minsi itanu turizera ko tuzavura abarwayi bari hejuru ya mirongo irindwi’’ .

Umuyobozi w’ibitaro bya Kibungo   Dr Munyemana Jean Claude aragaragaza impamvu bateguye iki gikorwa cyo kuzana izi nzobere ati’’Impamvu turi gufatanya n’ishyirahamwe ry’abaganga b’inzobere mu kuvura uburwayi bufata ijosi kuzamura  byatewe n’uruzinduko rwa minisitiri  w’ubuzima ubwo  yadusuraga twasuye ahakorerwa iyi serivise dusanga hariyo abarwayi bagera kuri  magana abiri bari kuvurwa n’umuganga umwe atugira inama yo gusaba itsinda ry’izi nzobere, ubu ziri kudufasha kuvura abarwayi bamaraga umwaka bategereje ko bagerwaho ngo babagwe kuri ubu rero ni gahunda izakomeza ni ubwo tubafite kugeza kuwa Gatanu, ariko ni gahunda izakomeza bakajya baza gufatanya n’inzobere muri ubwo burwayi imwe dufite afatanyije n’abandi baganga bazajya baza batuvurire abarwayi’’ .

Iri shyirahamwe ry’abaganga b’inzobere Rwanda Otolyngology head and neck surgery society bafatanyije n’izisanzwe kuri ibi  bitaro  bya Kibungo zo kubaga indwara  zifata mu muhogo ,amatwi n’amazuru bagiye kumara icyumweru bakira abarwayi bagana  ibi bitaro.Ubusanzwe  ibitaro bya Kibungo  byakira abarwayi basaga 5000  buri kwezi  abagana iyi serivise  yo kubagwa uburwayi bw’amatwi umuhogo n’amazuru bagera kuri 200 mu kwezi kumwe.

Uwayezu Mediatrice/Ngoma