KIREHE:Basaba ko bashyirirwaho amasomo y’imyuga y’igihe gito

Abaturage bo mu murenge wa Musaza baturiye ishuri rya TSS Musaza mu karere ka Kirehe ryigisha imyuga n’ubumenyi ngiro bavuga ko bishimira ko begerejwe iri shuri ariko ko basaba ko ryashyirwamo amasomo yigihe gito kugira ngo abana babo batashoboye gukomeza kwiga babone aho biga imyuga .

Feb 19, 2024 - 12:08
 0

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Musaza mu karere ka Kirehe  begerejwe  ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro TSS Musaza  bavuga ko bishimira ko begerejwe ishuri ariko ko basaba ko iri shuri  ryashyirwamo amasomo yimyuga y’igihe gito, urubyiruko n’abandi bashaka kwiga imyuga y’ubwubatsi ubudozi n’ibindi  bakabona aho biyungura ubumenyi.  Hakizimana  Jean Paul ati’’ Mu byukuri twishimira ko leta yatwibutse nk’abatuye mu cyaro aho abana bacu batabonaga aho kwigira imyuga mu gihe bakoraga ingendo turasaba ko iri shuri ryashyirwaho amasomo y’igihe gito n’abakuru twashaka kwihugura ku myuga tukajya kwiga tukiteza imbere’’ . Umukunzi Anitha nawe atuye mu murenge wa Musaza avuga ko kwegerezwa ishuri babyishimiye ariko ko banifuza ko hashyirwa amasomo y’igihe gito .Abivuga muri aya amagambo ’’Twarishimye ko tubonye ishuri hafi ariko turasaba ko hashyirwamo amasomo y’igihe gito yafasha abana bacu kwiga imyuga yabafasha guhita babona akazi.’’Umuyobozi w’ishuri ry’ubumenyi ngiro Musaza TSS Tuyisenge  Emmanuel aramara impungege aba baturage avuga  ko mu rwego rwo kuzamura abashaka kwiga amasomo y’imyuga y’igihe gito ko biteguye gutangira kubakira aragira ati’’ Imbogamizi twabanje guhura nazo ngo tube twatangira kwakira abanyeshuri biga amasomo y’igihe cy’amezi atandatu byarukuba tutarabona ibikoresho bisabwa kugira ngo  umunyeshuri yige ubumenyingiro , rero twarabibonye ndetse n’akarere karadufasha kuko mu kwezi kwa gatatu turatangira kwakira abiga amasomo y’igihe gito mu myuga irimo ubwubatsi  kuko ibyo bibazo byose byabonewe umurongo’’.

Ishuri rya TSS Musaza ryatangiye kwakira abanyeshuri  mu mwaka w’amashuri wa 2023-2024 kuri ubu rifite abanyesuri 162. Iri shuri ryubatswe  ku bufatanye na minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi            MINEMA ku nkunga ya banki y’isi  binyuze mu mushinga Jyambere ufasha urubyiruko ruturuka mu nkambi ya Mahama n’abanyarwanda bifuza kwiga imyuga n’ubumenyi ngiro .

Uwayezu Mediatrice  /Kirehe