Kigali : Umutoza w'Amavubi ntiyavugishije itangazamakuru kubera uburwayi

Mu gihe umukino wahuzaga Amavubi n'ikipe y'igihugu ya Lesotho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Werurwe 2025 warangiraga,umutoza Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi ntiyitabiriye ikiganiro n’itanagzamakuru bityo umwungiriza we Eric Nshimiyimana avuga ko icyabiteye ari uburwayi.

Mar 26, 2025 - 12:32
Mar 26, 2025 - 16:32
 0
Kigali : Umutoza w'Amavubi  ntiyavugishije itangazamakuru kubera uburwayi
Umutoza wungirije w'Amavubi Eric Nshimiyimana

Umukino wahuje Ikipe y’Igihugu Amavubi na Lesotho mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2016 warangiye aya makipe yombi agabanya amanota dore ko imwe yacyuye inota 1.

Muyindi mikino yabaga muri iri tsinda ry’Urwanda rya c,Nigeria yanganyije na Zimbabwe igitego 1-1,uyu mukino ukaba wari wakiriwe na Super Eagles ya Nigeria biza kurangira ibuze amanota atatu kuko warangiye amakipe yombi aguye miswi 1-1,Benin yatsinzwe na Afrika y’epfo 2-0,bikaba byatumye Afrika y’epfo iyobora iri tsinda rya c n’amanota 12 n’ubwo ishobora kuzaterw ampaga yo gukurwaho amanota 3 ku mukino yahuragamo na Lesotho ikayitsinda 2-0 ariko ikaba yarakinishije umukinnyi ufite ikarita 2 z’umuhondo kandi bitemewe mu matgeko y’umupira w’amaguru ku Isi yose.

 Umutoza Eric Nshimiyimana akaba ariwe wakoranye  ikiganiro n’itanagazamuru,abajijwe uburyo yakiriye ibyavuye mu mukino bakinnye na Lesotho akaba yatangaje ko ntakundi babyakiriye avuga ko gusa ngo mu itsinda rya c Urwanda rurimo hari amakipe yandi yanganyije andi aratsinda,ariko atangaza ko imikino isigaye bagomba kuzitwra neza. Ubwo yari abajijwe impamvu Adel Amrouche  ataganira n’Itangazamakuru, Eric Nshimiyimana, yasubije ko amaze iminsi atameze neza ndetse ngo  yirirwa aryamye hagamijwe kubona imbaraga zo gutoza mu gihe cya nijoro. nijoro.

Itsinda rya gatatu Urwanda ruherereyemo mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Isi kizaba umwaka utaha wa 2026 kikabere muri Canada,Mexique ndetse na Leta zunze Ubumwe za Amerika,rushigaje imikino 3 aho ruzakira umukino umwe wa Benin I Kigali, bizaba ari tariki 6 Ukwakira 2025,rukine na Kagoma za Nigeria tariki 1 Nzeri 2025 muri Nigeria,mu gihe ruzasura ikipe ya Afrika y’epfo Bafana bafana tariki 13 Ukwakira 2025,rukazanakina na Zimbabwe tariki ya 8 Nzeri 2025,uyu mukino ukazabera muri Afrika y’epfo kuko Zimbabwe  nta Stade igira yemewe na FIFA.

Lucien Kamanzi /Kigali