Kayonza:Kubonera amazi amatungo byazamuye umukamo w’amata

Bamwe mu borozi bo  mu mirenge ya Murundi,Gahini na Mwili yo  mu karere ka Kayonza yiganjemo ibikorwa by ’ubworozi  bw’inka barashima Leta y’ u Rwanda yabatekerejeho ikahageza imishinga y’amazi by ’umwihariko ay’ inka zabo.

Mar 12, 2025 - 13:16
Mar 13, 2025 - 09:52
 0
Kayonza:Kubonera amazi amatungo byazamuye  umukamo w’amata
Ibiro by'akarere ka Kayonza (Ifoto/Internet )

Aborozi bo muri iyi mirenge  bavuga ko bahuraga n’ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi yaba ay’ abantu  bakoresha ariko byagera ku matungo bikaba byari ingorabahizi kuko hari ni ubwo amatungo yagandaraga agapfa mu myaka yo hambere ariko ubu iki kibazo kikaba cyarakemutse.

Kubera ikibazo cy’ amapfa yakunze kwibasira akarere ka Kayonza byatumye  Leta y’urwanda ifata ingamba zo guhangana n’iki kibazo itekereza gushyiraho umushinga wo kubegereza amazi mu rwego rwo gukemura ikibazo.Bashyiriweho amavomo afasha abaturage ndetse banashyirirwaho ibibumbiro inka zabo zinyweraho.

Nzaramba ni umworozi mu murenge wa Gahini agira ati « Twahoranye ikibazo gikomeye cyo kubura amazi y ‘inka zacu ariko ubu rwose turadamaraye kuko amazi arahari natwe rero icyo dukora kandi twaragitangiye mu kuvugugura ubworozi bwacu kugira ngo  tubone umukamo uhagije,amazi rero yatubereye igisubizo kiza ku matungo yacu’’.

Ibi abihuriyeho na  Joyce  Uwineza wororera  mu murenge wa Murundi uvuga ko kuba bafite amazi y’ amatungo ari igisubizo ku kongera umukamo.

Agira ati’’Amazi rwose imishinga yarayatwegereje ubu inka zacu zibayeho neza natwe rero dufite intego yo kurushaho kongera umukamo tunafata neza amatungo yacu’’.

Umuyobozi  w’ akarere ka Kayonza Nyemazi John Bosco    asaba aborozi begerejwe amazi  kutayangiza kuko biba ari ibikorwa remezo byatwaye amafaranga menshi. Ati”Kayonza mu bice binyuranye twahuraga n’ ikibazo gikomeye cy’ amapfa inka zikagandara,abaturage bakanywa amazi mabi byabagiragaho ingaruka ku buzima bwabo ariko kuva aho Leta y’u Rwanda izaniye umushinga  wa KIIWP byabaye igisubizo kuko by’ umwihariko inka  zifite amazi zinywa zidakoze ingendo ndende.Icyo tubasaba ni ukuyitaho ntiyangirike kuko abafitiye akamaro cyane mu buzima bw’ amatungo kandi ibi bijyana no kongera umukamo”

Aborozi batuye imirenge ya Murundi ,Gahini na Mwili kuba baregerejwe amazi aho unayasanga hafi y’inzuri zabo nabo bishyiriyeho uburyo  bwo kuyacunga  bifashishije amakomite y’amavomo usanga mu midugudu.Bavuga ko banyuzwe n’umukamo w ’amata babona mubyo bawukesha harimo no kuba barahawe amazi y ’inka  nubwo bahora baharanira ko warushaho kuba mwinshi.

Titien Mbangukira/Kayonza