Iburasirazuba : Basezereye guta ishuri kubera kuhafatira ifunguro

 Ababyeyi n ‘abarezi bo mu ntara y’ Iburasirazuba baravuga ko gahunda yo kugaburira abana ku mashuri ari igisubizo ku igabanuka ry’abana bata amashuri.Banavuga ko bumva neza uruhare rwabo mu gutuma iyi gahunda ikomeza gutanga umusaruro.

Mar 12, 2025 - 13:14
Mar 18, 2025 - 16:08
 0
Iburasirazuba : Basezereye guta ishuri kubera kuhafatira ifunguro
Kugaburira abana byatumye bakunda ishuri

Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yatekerejwe na Leta y’u Rwanda ni gahunda ifatwa nk’igisubizo ku gutuma abana badata amashuri cyangwa  ngo banakererwe nkuko mu myaka yashize zari zimwe mu mbogamizi ku myigire y’abana .Ababyeyi bo  mu ntara y ‘Iburasirazuba baganiriye na radioteleviziyo Izuba  bahamya ko babibonamo umusaruro kandi banumva uruhare rwabo mu gutuma igerwaho.

Martin Dusengeyezu ni umubyeyi wo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza agira ati”Kuba abana bacu bafatira ifunguro ku ishuri ni igisubizo gikomeye kuko umwana wafashe ifunguro yabuzwa n’ iki se kwiga neza kandi agatsinda ,nta ni ubwo rwose yatekereza guta ishuri”

 Ku ruhande rw’abarezi bavuga ko kugaburira abana byatumye abana bari baranataye amashuri bagaruka.   Vanessa  Kayitesi ni umurezi mu karere ka Gatsibo avuga ko umusaruro wo kugaburira abana ku ishuri ugenda uboneka

Agira ati” Twe twigisha tubona umusaruro wo kuba abana bafatira ifunguro ku ishuri rwose kuko binatuma abana badata ishuri,mbere hari abo twigishaga bashonje bamwe ntibagaruke ariko ubu rwose bariga neza abata ishuri ntibakiri benshi kandi  ubukangurambaga bwo bugomba guhoraho’’.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’ Intara y’ Iburasirazuba busaba za komite z’ ababyeyi kujya zifata umwanya uhagije wo gukurikirana ko iyi gahunda yo kugaburira abana ku mashuri igenda neza koko no mu gihe cyo gutegura amafunguro.

Guverineri w’intara y ‘iburasirazuba Pudence Rubingisa agira ati’’Iyi gahunda yo gutuma abana bose biga buri wese ayigire iye, abarezi n’ababyeyi barangwe no gukomeza ubufatanye mu gutuma iyi gahunda ikomeza gutanga umusaruro by’umwihariko za komite z’ababyeyi nazo zikabigira ibyazo’’.

Gahunda ya Leta yo kugaburira abana ku ishuri ikorerwa mu bigo by’amashuri abanza ,ayisumbuye n’amashuri y’incuke hirya no hino mu midugudu bigaragara ko yateje imbere uburezi ikagabanya ikigero cy’abana bataga ishuri mu myaka yashize.

 Titien Mbangukira/Rwamagana