KAYONZA:Amatarasi yatumye basezerera inzara

Abahinzi bo mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba barashyiriweho umushinga KIIWP wabateye inkunga yo gukora amatarasi mu mirima yabo byabafashije gufata neza ubutaka . Ibintu byatumye ubutaka bwabo bubungabungwa bikongera umusaruro ukomoka mu buhinzi .

May 17, 2023 - 10:36
May 17, 2023 - 11:05
 0
KAYONZA:Amatarasi yatumye basezerera inzara
Ibiro by'akarere ka Kayonza

Amatarasi yatunganyijwe mu mirima y’abaturage mu kagari ka Cyabajwa  mu murenge wa Kabarondo ku bufatanye na  Minisiteri y’ ubuhinzi n’ ubworozi  ibinyujije mu mushinga uterwa inkunga n’ ikigega mpuzamahanga gishinzwe iterambere  ry’ ubuhinzi n’ ubworozi IFAD hagamijwe guhangana n’ amapfa yakunze kuzahaza imwe mu mirenge y’ akarere ka Kayonza .Aya matarasi yashyizwe  ahari ubutaka bwari busanzwe butera bukaba bwaratwarwaga n’ isuri abaturage bahinga ntibeze.Hamaze gucibwa amatarasi y’ indiganire hakanaterwa n’ibiti bivangwa n’imyaka,n’ibigaburirwa amatungo umukamo ukiyongera byafashije abaturage guhindura imibereho yabo baniteza imbere..

Gwizimpundu Philomene atuye mu mudugudu wa Nkuba ya Mbere  yarangije amashuri yisumbuye,imirimo yo gukora amatarasi itangiye abonamo akazi avuga ko byamuhinduriye ubuzima.Agira ati” Nashoje amashuri yisumbuye nta kazi nari mfite amatarasi atangiye mpabwamo akazi;amafaranga nahembwaga ku munsi narizigamiye kuko naguzemo imashini ubu ndadoda kandi andi yamfashije kugura amatungo magufi ndetse no mu rugo bampayemo umurima,mbese ubu ibikorwa by’ ubuhinzi sinabireka”

Mugenzi we Irareba  Abelli wo mu mudugudu wa Nkuba  ya Kabiri avuga ko mubyo yungutse harimo kuba ku matarasi hateyeho ubwatsi byaratumye umukamo w’amata  wiyongera.Ati”Mvuye kwahira ubwatsi bw’ inka ,mbere amatarasi ataratunganywa kubona ubwtsi bw’ inka byaratugoraga,ariko ubu biroroshye kuko tubufite bituma umukamo wiyongera kuko no mu matarasi hatewemo ibiti byongerera inka umukamo ,ni umusaruro w’ amaterasi rwose ni meza”

 

Nkuko bivugwa n’ umuyobozi w’agateganyo w’ umushinga KIIWP Usabyimbabazi  Madeleine ni umushinga leta y’ Urwanda yatekereje hagamijwe kugoboka abaturage bajyaga bahura n’ikibazo cy’ amapfa . Ati”Umushinga ufite intego yo kubaka ubushobozi bwo guhangana n’ imihindagurikire y’ ibihe cyane cyane amapfa mu bahinzi n’ aborozi bo mu karere ka Kayonza “.

Akomeza agira ati”Biteganyijwe ko mu cyiciro cya mbere hatunganywa hegitari  igihumbi na Magana atatu ,naho mu cyiciro cya kabiri hakazatunganywa hegitari igihumbi Magana acyenda mirongo itanu .Gufata neza ubutaka kandi hatewe ibiti by imbuto ziribwa ,hakozwe amadamu , hanafukuwe amariba ya nayikondo  akoresha imirasire y’ izuba”.

 Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Nyemazi John Bosco avuga ko kuba Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibinyujije mu mushinga wayo wo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere kubera amapfa yajyaga yibasira akarere ka Kayonza KIIWP avuga ko gukora amatarasi ku misozi bifasha byinshi abaturage bigatuma ubutaka bwabo bakomeza gukoreshwa neza . Ati”Imirimo yo gukora amatarasi mu mirenge KIIWP yayikwirakwije mu mirenge inyuranye twavuga ko rwose abaho babayeho neza kuko umusaruro wabo wariyongereye kandi bibafasha gutunganya imirima yabo ’’

Gukora amatarasi y’ indinganire mu karere ka Kayonza byakozwe na KIIWP ariwo mushinga wa leta y’uRwanda uterwa inkunga n’ikigega mpuzamahanga gitera inkunga ubuhinzi n’ubworozi IFAD ukaba warateguwe biturutse ku mapfa yabaye mu karere ka Kayonza mu mwaka wa 2016 ukaba warashyizwe mu bikorwa mu mwaka wa 2018 icyiciro cya mbere cy’uyu mushinga kizarangira mu kwezi kwa Nzeri  2023 kizarangira gitwaye miliyoni  24$ ahwanye na  miliyari zisaga 24 mu mafaranga y’u Rwanda .

 

Titien Mbangukira  /Kayonza