Kayonza :Babangamiwe no kutagira amashanyarazi afite ingufu

Hari abaturage bo  mu kagari ka  Rukara umurenge wa Rukara   mu karere ka Kayonza basaba ko umuriro bafite wakongererwa ingufu biarushaho kubafasha mu bikorwa byabo

Mar 21, 2025 - 13:14
Mar 26, 2025 - 11:23
 0
Kayonza :Babangamiwe no kutagira amashanyarazi afite ingufu
Barifuza umuriro wa tirifaze utuma bakora imirimo ibateza imbere
Kayonza :Babangamiwe no kutagira amashanyarazi afite ingufu

Aba baturage bavuga ko bamaze igihe bahawe umuriro w' amashanyarazi barabyishimira cyane kuko byabakuye mu icuraburindi ariko bakavuga ko hari ubwo ugaragara nkaho ari muke udafite ingufu zituma bawubyaza umusaruro ariyo mpamvu bavuga ko hakenewe ko wakongerwa bagahabwa uwa Tirifaze .

 Jean Claude Nshimiyimana agira ati “Abatuye Rukara turashima ko twahawe amashanyarazi ndetse amaze n' igihe nta nakunda kubura cyane ariko ikibazo nuko adafite ingufu nyinshi,nkubu ufite icyuma gishya ntiwayakoresha, kandi hari ababa bashobora kuba bakigura,dukeneye rero ko umuriro wakongerwa tugahabwa ufite imbaraga zisumbuyeho.”

Emmanuel Nkunzuwimye na we agira  ati: “Dufite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi hari aho ataragera n’aho twayabonye umuriro uracyari mucye, nk’ubu hari aho twishyize hamwe dukurura amashanyarazi mu mudugudu wa Butimbo umuriro wacu ni muke,turasaba ko wakongerwa.”

Ubwo Radio Televiziyo Izuba yavugana ku murongo wa Telefoni na Bwana Igoma Steveen  umuyobozi wa REG ishami rya Kayonza  yatangaje ko bafite gahunda ya vuba yo kongerera uyu muriro ingufu bigafasha abaturage.

Yagize ati’’Ibyo abaturage basaba birumvikana;hamaze gukorwa inyigo kandi hari umushinga munini wo gukomeza guha abaturage amashanyarazi muri Kayonza.Ku bijyanye no guha abo muri ako gace ka Rukara Trifaze ,hamaze kuboneka rwiyemezamirimo uzabikora ku buryo mu kwezi gutaha kwa Mata 2025 bizatangira gukorwa kuko ubu turaha amashanyarazi abaturage yo kubafasha gukora imirimo ibateza imbere ntabwo dutanga ayo gucana gusa’’.

Ubuyobozi bw’ Akarere ka Kayonza buheruka kubwira Radio Televiziyo Izuba ko hari umushinga mugari wo gukomeza kugeza ku baturage amashanyarazi

 Nyemazi John Bosco ati’’Dufite umushinga dufatanyijemo na REG  uzaha ingo ibihumbi 25 amashanyarazi, mu gihe izi ngo zose zaba zigezweho n’amashanyarazi nta muturage waba asigaye adafite amashanyarazi.”

Mu Karere ka Kayonza muri rusange  abaturage bakoresha  amashanyarazi yo ku muyoboro mugari ndetse n’aboneka ku bundi buryo harimo nk’imirasire y’izuba .Intego ikaba ari uko buri muturage wese azagerwaho n'amashanyarazi ku kigero cy'ijana ku ijana .

Mbangukira Titien /Kayonza