GATSIBO :Kutandikisha abana babyaye mu bihe bya Covid 19 bibateye inkeke

Umwe mu bangavu bo mu murenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo wabyaye muri ibi bihe bya covid-19 avuga ko yabuze uko yandikisha umwana we kuko atarafata indangamuntu kandi uwamuteye inda akaba yaranze kwandikisha uwo mwana.Ibi bikaba bimuhangayikishije ku buryo atagisinzira .

Sep 26, 2022 - 09:42
Feb 13, 2023 - 14:20
 0
GATSIBO :Kutandikisha abana babyaye mu bihe bya Covid 19 bibateye inkeke
: :
playing

Uyu mwangavu twise Uwamwiza Dina kubera umutekano we   atuye mu murenge wa kiramuruzi ni mu karere ka Gatsibo avuga ko yatewe inda muri ibi bihe bya covid-19 ariko nyuma yo kubyara akaba yarabuze uko yandikisha umwana kuko nta ndangamuntu agira kandi uwamuteye inda nawe akaba yaratorotse  .Agira ati ’’Kubera ko nabyaye nk’iri muto muri Covid nta ndangamuntu mfite  ,ibi rero bingiraho ingaruka zikomeye kubera ko umwana wanjye atanditse  mukaba mwadufasha’’.

MUKAMANA Maraciline umuyobozi w’akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko mu murenge wa Kiramuruzi hashize igihe nta mukozi ushinzwe irangamirere uhari. Akaba anemeza ko  ubu uyu mukozi  yamaze kugaruka yamwegera akamufasha cyane ko umwana yemerewe kwandikwa ku mubyeyi umwe.Agira ati ’’ Twari tumaze iminsi nta mukozi ushinzwe irangamimerere  mu murenge wa Kiramuruzi  ariko yaraje kandi umwana ashobora kwandika ku mu byeyi umwe yamugana rero akamufasha ’’.

 Itegeko nº14/2008 ryo kuwa 04/6/2008 rigena iyandikwa ry’abaturage n’itangwa ry’ikarita ndangamuntu ku banyarwanda mu ngingo yaryo ya 8 ivuga ko umuntu wese ategetswe kwandikisha umwana wavutse bitarengeje iminsi mirongo itatu  avutse.

 Charles Ntamwemezi /Gatsibo