Ruhango: Irerero ryubatswe muri centre ya Kayenzi ryitezweho guhindura byinshi kubagore bahakorera.

Abagore bakorera ubucuruzi mu gasoko gashya kubatswe muri centre ya Kayenzi mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango barishimira irerero ryubatswe muri iyi centre kuko bigiye kubafasha gucuruza batekanye.

Mar 18, 2025 - 12:43
Mar 18, 2025 - 18:27
 0
Ruhango: Irerero ryubatswe muri centre ya Kayenzi ryitezweho guhindura byinshi kubagore bahakorera.
Abana barererwa muri iri rerero bahabwa ifunguro

Abagore bagaragaza akanyamuneza n’ibyishimo ni abatuye kandi bakorera muri centre ya Kayenzi  ibikorwa by’ubucuruzi buciriritse mu gasoko gashya kubatswe muri iyi centre iherereye mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bavuga  ko bagiye gucuruza batekanye kubera irerero ryubatswe hafi y'aka gasoko ibintu bigiye kubafasha kubona aho bazajya basiga abana babo hatekanye kandi hizewe bagakora nta kibazo bafite.

Abagore bacuririza mu gasoko gashya Kayenzi (ifoto Charles)

Mukarukundo  Sophia umwe mu bagore bakorera ubucuruzi muri iyi centre yagize ati:” Turishimye,turanezerewe cyane kuko biragoye kuba waza gucuruza umwana agukurura,ubu tazajya twicara mu isoko dutuje, abana bacu bari mu irerero bafite abarimu bari kubakurikirana isaha zagera abana bakanywa igikoma, isaha zagera abana bakabatuzanira nta kibazo dufite rwose turishimye”.

 Naho mugenzi we Niyogushima Vedastine yagize at:” Twabaga turi mu isoko ugasanga turimo turarwana n’abana, izuba ryabishe imvura yagwa ugasanga turimo kurwana no kubyanura n’abana banyagirwa ariko ubungubu birimo kudufasha, turashimira ubuyobozi bw’igihugu kudutekerezaho bukatwubakira ibikorwaremezo bigatuma akagali kacu gatere imbere.”

Mukamuganga  Perepetue  nawe yagize ati:” Bibaye byiza abana bacu,abuzukuru bacu bazajya bagenda bashyike muri rya rerero, ducuruza  abandi nabo bakira abana barera, igihe nikigera badusubize abana bacu nta kibazo nta nimpungenge. Twabangamirwaga ni uko abana bonka tutabajyana mu yandi marerero mu baturage, ariko kuko ritwegereye bibaye amahirwe kuri twese.”

Nyiranshimiyimana  Marie Rose uyobora akagali ka Kayenzi avuga ko iri rerero rije ari igisubizo kandi rigiye korohereza aba bagore gukurikirana ibikorwa byabo by’ubucuruzi bizeye umutekano w’abana babo kuko bazajya baba barikwitabwaho kandi bakazajya banabona umwanya uhagije wo konsa abana.

Yagize ati:” Iri rerero ikintu rigiye gufasha aba babyeyi ni uko abana babo aho kugira ngo bazajye babasiga mungo bave mu kazi bari barimo ngo bajye kubonsa, bazajya baba bari hariya mu irerero bari kumwe n'ababitaho igihe umubyeyi azaba ari gucuruza, umwana mu gihe akeneye konka ajye kumwonsa agaruke mu bikorwa bye.”

Irerero ni imwe muri gahunda Guverinoma y’u Rwanda yatangije mu mwaka wa 2014 igamije gukumira no guhangana n’ibibazo by’igwingira n’imirire mibi mu bana. Rifasha kandi abagore kubona umwanya wo kujya mu mirimo ibyara inyungu ntibaheranwe no kwirirwana abana gusa. Mu gihe abagore bashoboraga gukora nibura iminsi 8 mu kwezi ubu bakora igera kuri 20 ari nabyo bituma umusaruro wabo wiyongera.

 Ntamwemezi  Charles/Ruhango