NGOMA :Kuhira hakoreshejwe ikoranabuhanga byatumye umusaruro w’imboga wikuba gatatu

Abahinzi b’imboga zirimo amashu ,inyanya,intoryi,dodo,bibumbiye muri koperative Tuzamurane Kigoma bo mu murenge wa Jarama mu karere ka Ngoma bifashisha ikoranabuhanga mu kuhira bakoresheje imirasire y’izuba bavuga ko birimo gutuma babona umusaruro mwinshi ugereranyije n’igihe batuhiraga ku buryo umusaruro wabo ushobora kwikuba inshuro eshatu .

May 2, 2023 - 08:58
 0
NGOMA :Kuhira hakoreshejwe ikoranabuhanga byatumye  umusaruro w’imboga wikuba gatatu
Ibiro by'akarere ka Ngoma

Kuba abahinzi b’imboga bibumbiye muri koperative Tuzamurane barashyiriweho uburyo bwo kuhira hifashishijwe imirasire y’izuba bibafasha guhora bafite umusaruro  no mu gihe cy’impeshyi .Ibintu bavuga ko bibateza imbere nkuko bivugwa na   Imanizabayo Jean Baptiste abivuga muri aya magambo ’’ Byaradushimishije cyane kuko mbere bataraduha imirasire y’izuba idufasha kuhira twahingiraga  ubusa kuko ntitwasaruraga twahingaga rimwe mu gihe cy’imvura ariko uyu munsi turahinga igihe cyose ubu imiryango yacu ntiyabura imboga abana bacu ntibaturwarana bwaki turahinga tugasagurira amasoko ’’ Mukaturatsinze  Collete nawe avuga ko kuhira byatumye umusaruro wabo w’imboga wiyongera .Ati ’’Mbere twakoreshaga uburyo bwa gakondo  bikadufata igihe kinini turi kuhira imboga ,uyu munsi rero aho twazaniye  ikoranabuhanga twuhira mu buryo bworoshye ni ugufungura akuma amazi akijyana mu mirima ubu turahinga  tukeza tugasagurira n’amasoko  turashima abafatanyabikorwa bacu badufashije kutuzanira ubu buryo bwo kuhira twifashishije imirasire y’izuba ‘’.https://izubaradiotv.rw 

Uwizeye Belange  umuyobozi Nshingwabikorwa w’umuryango uharanira iterambere ry’icyaro  RWARRI unashyira  mu bikorwa gahunda yo guha aba bahinzi ibikoresho birimo kuhira avuga ko kuzana  uburyo bwo guhinga buhira bibafasha guhinga no mugihe cy’izuba. Ati ’’Burya iyo abantu buhira bakoresha uburyo bwa gakondo bitandukanye no kuhira hifashishijwe ikoranabuhanga.Ni ubyo  bwiza buzatuma bakoresha igihe cyabo neza ndetse bazajya bahinga no mu gihe cy’izuba .

 Umuyobozi w’akarere ka Ngoma wungirije ushizwe ubukungu Mapambano Nyirindandi Cyriaque  avuga ko nk’akarere kubufatanye nabafatanyabikorwa bako mu buhinzi hashyizwe imbere gahunda yo kuzamura ubuhinzi bw’imboga kinyamwuga kugira ngo bikure mu bukene Ati ’’Ubu gahunda dufite ni uguhuriza ku muhinzi  ibyo asaba byose kugira ngo yivane mu cyiciro arimo tugire aho tumugeza bityo rero abahinzi bacu dufatanyije n’abafatanyabikorwa  tuzabasindagiza muri byose nabo bahinge biteze imbere ’’.

Koperative Tuzamurane Kigoma igizwe n’abanyamuryango ijana na mirongo itanu n’icyenda  aho ijana na mirongo itatu na barindwi  ari abagore bikaba bikorwa mu rwego rwo  kuzamura ubukungu bw’umugore wo mu cyaro. Akarere ka Ngoma n’abafatanyabikorwa bako biyemeje gufasha aba bahinzi kubabonera amasoko bagemuramo imboga bejeje bakaba bizeye ko bagiye kwivana mu bukene  

Uwayezu  Mediatrice  / Ngoma