KAYONZA: Kudasuzugura umurimo byabahinduriye ubuzima

Abasore n’ inkumi makumyabiri na batanu bo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza bavuga ko imirimo yo gukora mu buhumbikiro bw’ ibiti by’ imbuto ziribwa imaze kubahindurira imibereho kuko hari abaguze amatungo magufi abandi bakaba baratangiye kwizigamira bagamije kwibumbira mu matsinda yo kwiteza imbere.

May 24, 2023 - 08:19
 0
KAYONZA: Kudasuzugura umurimo byabahinduriye ubuzima
Urubyiruko rwiyemeje kugana ubuhinzi (Ifoto Titien M)

Bisa n’ ibitamenyerewe ko urubyiruko rwitabira cyane ibikorwa byo mu rwego rw’ ubuhinzi kuko mu Rwanda usanga umubare w’ ababikoramo atari benshi ariko abiyemeje kugana urwego rw’ ubuhinzi bavuga ko rutanga umusaruro,nkuko byemezwa n’urubyiruko rwiyemeje kujya mu bijyanye no guhumbika imbuto kandi bakazazitera nabo iwabo.

Ahakorerwa imirimo yo guhumbika ibiti by’ imbuto zikanabangurirwa ni mu murima uri ahitwa Gasarabwayi mu murenge wa Mwili uhasanga urubyiruko rurimo abasore ninkumi  bavuga ko aka kazi bamwe babanje kujya binenaguza ubu kamaze kuba igisubizo kuri bo kuko kabahinduriye imibereho bakaba barimo abaguze amatungo magufi bikabavana mu bukene.

Umwali Grace ati”Kuva ntangiye nabonye amafaranga niteza imbere,nkubu naguzemo ihene irahaka,naguzemo ikibwana k’ ingurube mbese urumva mfite amatungo magufi,ndetse ndakangurira n’ urundi rubyiruko kuba rwaza mu bikorwa nkibi bijyanye n’ubuhinzi kuko dukuramo inyungu pe”.

Mugenzi we Byiringiro  Jean Claude nawe yungamo  ati” Muri make aka kazi ntarakajyamo ubuzima ntabwo byari byoroshye kubona amafaranga byaratugoraga ariko aho ngiriye mu bikorwa by’ ubuhinzi narungutse maze kugira ibyo ngeraho kuko ubu mfite ihene  naguze kandi naziguze nyuma y’amezi abiri nkora mu bijyanye n’ubuhinzi.Yego urubyiruko ntirukunze kuboneka mu bikorwa by’ubuhinzi ariko twe twabijemo tuzi inyungu dukuramo rwose kandi ni nyinshi”.

Kuba hatekerezwa imishinga nkiyi ifasha urubyiruko rukanahabwamo akazi umuyobozi w’akarere ka Kayonza Nyemazi John Bosco avuga ko birufasha kuko bigira aho biruvana naho birugeza.

Meya Nyemazi  ati”Imishinga ituma urubyiruko rugana ibikorwa by’ ubuhinzi ni ingenzi kuko irarufasha cyane kandi turakomeza no gushishikariza n’urundi rubyiruko kuza mu bikorwa by’ ubuhinzi “.

Binyuze mu mushinga wo guhangana n’imihindagurukire y’ikirere mu karere ka Kayonza , ni naho hatekerejwe iyi gahunda yo guha urubyiruko imirimo mu guhumbika ibiti by’imbuto ziribwa ahateganywa guhumbikwa ibiti ibihumbi ijana bizahabwa abaturage birimo amavoka,imyembe,amapapayi n’amatunda

Titien Mbangukira /Kayonza