Kayonza: Abahinzi b'imbuto batangiye gusogongera ku ifaranga

Abahinzi bo mu mirenge ya Kabarondo na Murama mu karere ka Kayonza  bavuga ko, ubu bameze neza kubera ubuhinzi bw’imbuto , n’ubwo byabanje kubagora kumva akamaro k’ubu buhinzi bw’imbuto kuri ubu babyumva neza kuko batangiye gusarura imbuto ziri mu cyanya kinini kiri muri iyi mirenge. 

Jun 11, 2025 - 15:12
Jun 12, 2025 - 16:31
 0
Kayonza: Abahinzi b'imbuto batangiye gusogongera ku  ifaranga
Ubuhinzi bw'imbuto bwabateje imbere (Ifoto /Titien Mb.)

Amakuru atangazwa n’abakurikirana ubuhinzi mu cyanya gihinzeho imbuto ni uko ku  nshuro ya mbere hasaruwe imyembe ibiro ibihumbi makumyabiri na bine magana inani mirongo itanu , byinjije amafaranga y’u Rwanda asaga miriyoni eshanu, avoka basaruye ibihumbi bisaga magana abiri n'icyenda  zavuyemo amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni enye n ‘ibihumbi magana atandatu.

 

Faustin Kabaronda  utuye mu kagari ka Cyinzovu, umurenge wa Kabarondo, ashima ko batekerejweho bagakangurirwa guhinga imbuto bagatozwa no gukorera muri koperative .

Ati "Uyu mushinga watangiye kuduhindurira ubuzima ,ubu amafaranga turayabona. Twahoze dutuye aha duhinga uruvange rw’imyaka nta musaruro byaduhaga ariko ubu rwose twavuga ko duhagaze neza."

Yongeraho ati "Sinanatinya kuvuga ko vuba cyane tuba tubarirwa mu bakire kuko ubu twatangiye gusarura kandi bimeze neza rwose."

Nyiramasabo nawe atuye mu murenge wa Murama, we avuga ko ahatewe imbuto mbere ntacyaheraga kandi hari ibigunda; ariko ubu haratoshye kuko huzuyemo imbuto z’ubwoko bwose.

Agira ati "Uyu musozi wose no kugera za Ngoma mu baturanyi rwose tumeze neza haje umushinga wo gutera imbuto; ubu za avoka, imyembe, ibifenesi n'izindi; turejeje kandi n'ubu ziriho n’izindi zizaba zisarurwa mu minsi iri imbere."

Ubyobozi bw’Akarere ka Kayonza butangaza ko umushinga w’ubuhinzi bw’imbuto watekerejwe neza kandi rwose urimo gutanga umusaruro.

Nyemazi John Bosco umuyobozi w’Akarere ka Kayonza atangaza ko ari umushinga waje ugamije guteza imbere abaturage. Ati "Gutunganya icyanya gihingwamo imbuto ni inyungu kuko ni ahantu hanini hafitiye abaturage akamaro haba ku mibereho yabo ndetse n’ubukungu bwabo kuko ubu batangiye no kubona amafaranga.”

Icyanya gihinzeho imbuto mu karere ka Kayonza kiri kuri  hegitari zisaga igihumbi na magana atatu , ahahinze  imbuto zirimo imyembe, ibifenesi, avoka, amacunga n’izindi zinyuranye.

Gutunganya ubutaka bwabo byakozwe na Leta y’u Rwanda binyuze mu mushinga KIWIIP ufasha mu bikorwa by’iterambere no kurengera ibidukikije.  

Uretse gufasha aba baturage mu buhinzi bw’imbuto ,uyu mushinga unafasha mu bindi bikorwa by’iterambere mu mirenge inyuranye y’Akarere ka Kayonza.

Titien Mbangukira /Kayonza