Gicumbi : Barishimira ko bamenye gutegura indyo yuzuye bigabanya igwingira mu bana

Bamwe mu babyeyi batuye mu mudugudu wa Gasiza mu kagari ka Nyamabuye mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi bavuga ko basobanukiwe akamaro ko kugaburira abana babo indyo yuzuye kuko bituma bakura neza ndetse bakanagira ubuzima bwiza.

Mar 14, 2025 - 12:26
Mar 14, 2025 - 17:07
 0
Gicumbi : Barishimira ko  bamenye gutegura indyo yuzuye  bigabanya igwingira mu bana
Ibiro by'akarere ka Gicumbi (Ifoto /Internet )

Bamwe mu babyeyi batuye  mu mudugudu wa Gasiza mu kagari ka Nyamabuye  mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi bavuga ko basobanukiwe akamaro ko kugaburira abana babo indyo yuzuye kuko bituma bakura neza ndetse bakanagira ubuzima bwiza.

Mukamurerwa  Athanasie ni umubyeyi wamenye gutegura indyo yuzuye yemeza ko byamufashije  yagize ati” Ubu rwose ntitugihura n’ikibazo cy’igwingira kuko twamenye uko dutegura indyo yuzuye, ubu tugaburira abana bacu igi tukabaha imboga ndetse n’ibindi bituma bagira ubuzima bwiza.”

Munyemana Fabien nawe  atuye mu karere ka Gicumbi ahamya ko igwingira ryacitse kubera kumenya gutegura ifunguro ririmo intungamubiri  ati”Ubu mfite akarima k’igikoni mu rugo karimo ibintu byose imboga, karoti, ndetse n’ibindi ku buryo abana babona indyo yuzuye “

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel avuga ko bakora ubukangurambaga butandukanye burimo ''Muturanyi ngira nkugire'' aho abaturanyi bagirana inama bagafatanya kuzamura imyumvire ituma ababyeyi barushaho gusobanukirwa akamaro ko kugaburira abana babo indyo yuzuye

Ati”Mu karere kacu twashyizeho gahunda zitandukanye zirimo muturanyi ngira nkugire aho abaturanyi bagirana inama ndetse bakanazamurana aho umwe adashoboye mugenzi we akamufasha, ni gahunda yatanze umusaruro mwiza .”

Igipimo cy’igwingira mu myaka itatu ishize akarere ka Gicumbi kari ku kigero cya 42.3% naho mu mwaka ushize wa 2024 aka karere kageze ku gipimo cya 19.1% mu gihe intego y’igihugu yari 19% .Ibi byerekana ko akarere ka Gicumbi kakoze ibishoboka byose kugira ngo karwanye igwingira.

Tuyishimire  Mireille/Gicumbi