Christian Eriksen ameze neza nyuma yo kugira ikibazo cy’ umutima mu ijoro ryakeye

Umunya-Denmark Christian Eriksen yagarutse cyane mu itangazamakuru nyuma yo kugira ikibazo cy’ umutima mu ijoro ryakeye, ibintu byateye impungenge abakunzi ba ruhago hirya no hino ku Isi. Gusa, umuganga w’ ikipe y’igihugu ya Denmark, Morten Boesen, yahise atangaza ko uyu mukinnyi ameze neza ndetse ko ari gukurikiranwa n’ abaganga.

Jun 8, 2026 - 09:21
Jun 8, 2026 - 09:25
 0
Christian Eriksen ameze neza nyuma yo kugira ikibazo cy’ umutima mu ijoro ryakeye

Uyu mugabo w’ imyaka 34 usanzwe ukinira ikipe ya Wolfsburg, ni umwe mu bakinnyi b’ ingenzi mu ikipe y’ igihugu ya Denmark. Mu ijoro ryekeye yaraye agize ikibazo cy’ umutima mu gihe yari ari mu kibuga mu mukino wa gishuti wahuzaga ikipe y’ igihugu ya Denmark na Ukraine, ibintu byahise bikurura impungenge ku bakunzi be ndetse n’ ab’ umupira w’ amaguru. Iki kibazo yagize cyahise kinatuma umukino uhagarikwa burundu ku munota 65.

Nyuma y’ uko abaganga bahise bamugeraho bakamuha ubufasha bwihuse, umuganga w’ ikipe y’ igihugu ya Denmark, Morten Boesen, yatangaje ko Eriksen ameze neza kandi ko ubuzima bwe butari mu kaga. Yavuze ko umukinnyi yakomeje gukurikiranwa n’ inzobere kugira ngo harebwe neza icyateye icyo kibazo.

Mu ijoro rayekeye ubwo Eriksen yagira ikibazo cy'umutima (source: bbc.com)

Mu minsi iri imbere, biteganyijwe ko Eriksen azakorerwa ibizamini birambuye kugira ngo abaganga bamenye neza uko umutima we uhagaze ndetse hafatwe imyanzuro harebwe niba koko yakomeza gukina umupira w’ amaguru. Abashinzwe ubuvuzi mu ikipe y’ igihugu ya Denmark bavuga ko icy’ ingenzi muri iki gihe ari ugushyira imbere ubuzima bwe mbere yo gutekereza ku gusubira mu kibuga.

Iki kibazo cyahise cyibutsa benshi ibyabaye muri Kamena 2021 mu marushanwa ya UEFA Euro, ubwo Eriksen yagwaga mu kibuga mu mukino wahuzaga Denmark na Finland. Icyo gihe yagize ikibazo gikomeye cy’ umutima cyatumye abaganga bamuvura byihutirwa ndetse aza no gukira nyuma y’ ubutabazi bwihariye bwakorewe aho umukino wari uri kubera.

 

Muri 2021 ubwo Eriksen yagira ikibazo cy'umutima (source: bbc.com)

Nyuma y’ icyo kibazo, Eriksen yashyizwemo inyunganiramutima (ICD), igikoresho gifasha kugenzura no gukosora imikorere y’ umutima igihe habaye ikibazo gikomeye. Nubwo icyo gikoresho cyamufashije gukomeza ubuzima bwe neza, cyagize ingaruka ku mwuga we mu Butaliyani. 

Icyo gihe yakinaga muri Inter Milan, ariko yaje gutandukana na yo kuko amategeko agenga shampiyona y’ u Butaliyani, Serie A, atemera ko umukinnyi akina amarushanwa yabigize umwuga afite inyunganiramutima. Byatumye asesa amasezerano na Inter Milan mbere yo gukomereza umwuga we mu Bwongereza, aho yemerewe gukina nyuma y’ isuzuma ryimbitse ry’ ubuzima bwe. Yaje kwerekeza mu ikipe ya Brentford akinamo umwaka umwe, nyuma yerekeza muri Manchester United akinamo imyaka itatu, ubu akaba ari mu ikipe ya Wolfsburg mu yo mu Budage.

Nubwo yahuye n’ ingorane zikomeye mu rugendo rwe rwa ruhago, Eriksen yakomeje kwerekana ubushake n’umuhate byatumye agaruka mu rwego rwo hejuru ndetse akomeza gufasha amakipe akinira n’ikipe y’igihugu. Muri rusange Christian Eriksen amaze gutsinda ibitego 141, anatanga imipiri 192 yavuyemo ibitego mu mikino 861 mu marushanwa yose.

 

Jacques Roger NSHIMIYIMANA