Atiku Abubakar wabaye Visi Perezida wa Nigeria agiye kwiyamamariza kuba Perezida
Uwahoze ari Visi Perezida wa Nigeria ndetse akaba n’umunyapolitiki umaze igihe kinini azwi muri iki gihugu, Atiku Abubakar, yemeje ko azatanga kandidatire nk’umukandida w’ishyaka rye “African Democratic Congress (ADC)” mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Mutarama umwaka utaha wa 2027.
Atiku yavuze ko yishimiye icyizere yagiriwe n’ishyaka rye, agaragaza ko atewe ishema no guhabwa inshingano zo kuriyobora mu matora ari imbere nk’umukandida wa Perezida wa Repubulika.
Yagize ati “Ndashimira cyane icyizere mwangiriye cyo kuyobora ishyaka ryacu rikomeye rya African Democratic Congress mu matora ari imbere nk’umukandida wa Perezida.”
Atiku yatsinze abandi bakandida babiri bari bahanganye mu matora y’imbere mu ishyaka, ibintu bitumye yongera kuziyamamariza umwanya wa Perezida ku nshuro ya kane mu mateka ye ya politiki.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X nyuma yo gutsinda ayo matora, yavuze ko ishyaka ADC ryerekanye ko Demokarasi ikiriho muri Nigeria, n'ubwo ubutegetsi buriho bugira uruhare mu kubangamira iyo Demukarasi.
Yashimye uburyo abanyamuryango b’ishyaka bemerewe gutanga ibitekerezo byabo, kugira intego za politiki no guhatanira imyanya binyuze mu matora yavuze ko yabaye mu mucyo, mu bwisanzure ndetse no mu buryo buboneye.
Atiku kandi yashinje Leta guteza ibibazo by’ubuyobozi mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse no gukoresha igitutu ku banyapolitiki bayinenga.
Atiku Abubakar w'imyaka 79 y'amavuko, yabaye Visi Perezida wa Nigera igihe cy'imyaka 8 kuva mu mwaka wa 1999 kugeza mu mwaka wa 2007.

