Uganda: Umurwayi wa nyuma wa Ebola yasezerewe
Ku wa Kane, Uganda yasezereye umurwayi wa nyuma wari usigaye urwaye Ebola, bituma hatangira ibarura ry’iminsi 42. Iyo minsi nirangira nta wundi murwayi ubonetse, igihugu kizatangazwa ko cyaciye burundu virusi ya Ebola, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yabitangaje.
Kuva hagati muri Gicurasi, muri Uganda hamaze kwemezwa abantu 20 banduye ubwoko budakunze kugaragara bwa virusi ya Ebola buzwi nka Bundibugyo. Muri abo, 15 banduriye mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari naho hari inkomoko y’iki cyorezo.
Bitandukanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho umubare w’abandura Ebola ugikomeje kwiyongera, Uganda yo nta murwayi mushya wa Ebola urahagaragara kuva ku wa 22 Kamena.
Ku wa Kane, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje abandi bantu 62 bashya banduye Ebola, bituma umubare w’abamaze kwemezwa ko banduye ugera ku 2,073. Icyakora, Ishami ry'Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ryavuze ko umubare nyakuri w’abanduye ushobora kuba urenze inshuro ebyiri uwo watangajwe.
Mu butumwa Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yatangaje yashyize kuri X bugira buti "Uyu munsi, Uganda yasezereye umurwayi wa nyuma wa Ebola, akaba ari umuturage wa Congo wakize neza kandi witeguye gusubira kubana n’umuryango we."
Ku wa Gatatu, umuvugizi wa Leta, Alan Kasujja yavuze ko uwo murwayi yari kuzasohorwa mu cyumba cy’akato ku Bitaro Bikuru bya Mulago biherereye mu murwa mukuru Kampala.
Yanditse kuri X agira ati "Uganda itangiye ibarura ry’iminsi isigaye." Yongeyeho ati "Nibura iminsi 42 ishira nta murwayi mushya n’umwe ubonetse, amabwiriza ya WHO ateganya ko tuzatangazwa ko twacitse ku cyorezo cya Ebola."

