Thomas Partey ushinjwa ihohotera rishingiye ku gitsina ari mubazakinira Ghana mu gikombe cy'Isi

Ikipe y’Igihugu ya Ghana yashyize Thomas Partey ku rutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi 28 izifashisha mu Gikombe cy’Isi kizaba mu kwezi gutaha, n’ubwo uyu mukinnyi hari ibyaha akurikiranyweho mu Bwongereza.

May 28, 2026 - 10:51
May 28, 2026 - 10:59
 0
Thomas Partey ushinjwa ihohotera rishingiye ku gitsina ari mubazakinira Ghana mu gikombe cy'Isi

Thomas Partey w’imyaka 32 y’amavuko, usigaye akinira ikipe ya Villarreal CF yo muri Espagne, ategerejwe kuzitabira urubanza umwaka utaha nyuma yo guhakana ibyaha birindwi byo gufata ku ngufu n’icyaha kimwe cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Ibi birego biregwa Partey bifitanye isano n’abagore bane, aho bivugwa ko ibyaha byabaye hagati ya 2020 na 2022.

Uyu mukinnyi yavuye muri Arsenal F.C mu mwaka wa 2025 nyuma yo kuyikinira imyaka itanu, aza gushinjwa nyuma gato y’uko amasezerano ye arangiye, ubwo yari hafi yo kwerekeza muri Villarreal yo muri Espagne.

N’ubwo akurikiranyweho ibi byaha, Partey yakomeje kuba umukinnyi ngenderwaho mu Ikipe y’Igihugu ya Ghana mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, ndetse kugeza ubu amaze gukinira igihugu cye imikino mpuzamahanga 58.

Hagati aho, rutahizamu Mohammed Kudus ntiyashyizwe kuri uru rutonde kubera ikibazo cy’imvune.

Uyu mukinnyi wa Tottenham Hotspur F.C we ntabwo arongera gukina kuva muri Mutarama nyuma yo kugira ikibazo cy’imvune y’itako, ndetse hakaza no kubaho izindi ngorane zatumye atagaruka mu kibuga vuba.

Kudus yinjiye muri Tottenham avuye muri West Ham United F.C mu mpeshyi ishize, aho muri uyu mwaka w’imikino yakinnye imikino 19 ya Premier League atsinda ibitego bibiri.

Umutoza mukuru Carlos Queiroz yatangaje uru rutonde ku wa Kabiri, bikaba biteganyijwe ko abakinnyi nka Antoine Semenyo na Iñaki Williams ari bo bazatakira iyi kipe y’igihugu ya Ghana.

Myugariro Abdul Rahman Baba wahoze akinira Chelsea F.C nawe yagarutse mu Ikipe y’Igihugu bwa mbere kuva mu 2023.

Ghana iri mu Itsinda L hamwe n’amakipe y’ibihugu bya Croatia, Ubwongereza ndetse na Panama mu Gikombe cy’Isi.