Nigeria: Ingabo zabohoye abantu 360 bari barashimuswe na Boko Haram

Igisirikare cya Nigeria cyatangaje ko cyabohoye abantu 360 bari barashimuswe n’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram mu majyepfo ya Leta ya Borno.

Jun 8, 2026 - 16:19
Jun 8, 2026 - 17:17
 0
Nigeria: Ingabo zabohoye abantu 360 bari barashimuswe na Boko Haram

Iki gikorwa cya gisirikare cyabereye mu misozi ya Mandara, kamwe mu duce Boko Haram imaze igihe ifitemo ibirindiro.

Umuvugizi w’ingabo za Nigeria, Haruna Sani, yavuze ko impinja ebyiri zapfuye kubera umunaniro ukabije zatewe n’ingendo zigoranye mu misozi ndetse n’imibereho mibi zari zarahuye na yo mu gihe kirekire zamaze mu bunyage.

Yagize ati: “Abandi bose batabawe bajyanywe ahantu hizewe kugira ngo bahabwe ubuvuzi n’ubufasha bw’ubutabazi bwihuse. Ibi ni intsinzi ikomeye ku ngabo zacu ndetse ni igihombo gikomeye ku mutwe w’iterabwoba.”

Amajyaruguru ya Nigeria akomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano, birimo ibikorwa by’inyeshyamba bimaze imyaka irenga icumi ndetse n’ishimutwa ry’abantu rikorwa n’imitwe yitwaje intwaro ishaka amafaranga y’ingurane.

Mu mitwe y’abahezanguni b’Abayisilamu ikomeye muri ako karere harimo Boko Haram ndetse n’ishami ryayo rikaba rikorana na Islamic State, rizwi nka Islamic State West Africa Province (ISWAP).

Muri Gicurasi uyu mwaka, Nigeria yatangaje ko ibikorwa bihuriweho n’ingabo zayo n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika byahitanye abarwanyi 175 ba ISWAP.

Nubwo bimeze bityo, ibikorwa by’ubu bwigomeke bimaze guhitana abantu ibihumbi n’ibihumbi ndetse binatuma miliyoni z’abaturage bava mu byabo bakaba impunzi imbere mu gihugu.

Abasesenguzi bavuga ko guverinoma ya Nigeria itaragira ibyo ikora bihagije kugira ngo irinde abaturage bayo, n’ubwo Perezida Bola Tinubu yakomeje gusezeranya ko azahashya iki kibazo cy’umutekano muke.