Burkina Faso: Amarushanwa ya "Miss" yahagaritswe
Muri Burkina Faso ubuyobozi bwatangaje ko bwabaye buhagaritse amarushanwa yose y’ubwiza kugeza igihe hazashyirirwaho andi mabwiriza, kuri ubu arimo gutegurwa kugira ngo atangire gukurikizwa.
Irushanwa nyamukuru rya ‘Miss Burkina’, hamwe n’irushanwa rya ‘Miss’ wa Kaminuza muri Burkina Faso, ni amwe mu marushanwa akomeye arebwa n’iki cyemezo.
Amakuru dukesha BBC avuga ko ayo marushanwa yagize uruhare rukomeye mu by’umuco ndetse akagarukwaho mu bitangazamakuru byo muri icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba.
Mu itangazo ryo ku wa mbere, Minisiteri y’umuco muri iki gihugu yavuze ko intego zayo ari ukugenzura neza itegurwa ry’ayo marushanwa, akunze kunengwa ko nta bugenzuzi agira.
Ubutegetsi bw’iki gihugu bunavuze ko bicyenewe ko habungwabungwa indangagaciro z’umuco w’igihugu. Ku rwego mpuzamahanga, Burkina Faso ntiratsindira irushanwa rikomeye ry’ubwiza nka ‘Miss World’ cyangwa ‘Miss Universe’.
Hagati aho, ibindi bihugu byo muri ako karere bisanzwe byarafashe ibyemezo bimeze nk’iki cya Burkina Faso ku bijyanye n’amarushanwa y’ubwiza.
Urugero, muri Bénin irushanwa rya ‘Miss’ rimaze imyaka myinshi rihagaritswe, ahanini hashingiwe ku bibazo bijyanye n’imitegurire yaryo n’impinduka mu bategura iryo rushanwa.
Mu mwaka wa 2022 irushanwa ry’ubwiza rizwi nka ‘Miss Rwanda’ ryahagaritswe kugeza igihe kitazwi, nyuma y’ibirego by’ihohotera rishingiye ku gitsina byarivuzwemo. Kuva icyo gihe kure magingo aya ntirongera kuba.
Icyemezo cya Burkina Faso kiri mu rwego rw’uruhererekane rw’ingamba zafashwe kuva Kapiteni Ibrahim Traoré afashe ubutegetsi muri Nzeri mu mwaka wa 2022, nyuma yo guhirika uubutegetsi bwari buriho icyo gihe.
Ubategetsi bwa gisirikare bwa Burkina Faso bwakajije igenzura ry’ibikorwa bimwe na bimwe bihuza imbaga, buhagarika amashyaka ya politike, ndetse bunasesa amashyirahamwe y’urubyiruko agera kuri 900.

