Abakanyujijeho muri Ruhago y'Iburayi kuri ubu bari mu Rwanda
Abakanyujijeho bari mu Rwanda barimo Bacary Sagna wakiniye Arsenal yo mu Bwongereza ndetse akaba ari kumwe na Javier Pastore wakiniye Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa,kuri ubu bari mu Rwanda dore ko baje mu muhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi, uzaba kuri uyu wa gatanu tariki 5 Nzeri 2025 mu kiningi mu Karere ka Musanze.
Harabura umunsi umwe ngo mu Rwanda habe umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 20, u Rwanda rukaba rukomeje kwakira abashyitsi batandukanye baturutse hanze ya rwo.
Uyu mukinnyi ari kumwe na Javier Pastore wakiniye Paris Saint-Germain bombi bakaba bari mubazita amazina abana b'ingagi mu muhango ubura umunsi umwe gusa ngo ube.
Lucien KAMANZI
