Tanzania :Ubukeba hagati ya Simba na Yanga bukomeje kuvugisha benshi

Bimaze kugaragara ko amakimbirane hagati y'amakipe ya Simaba na Yanga yo muri Tanzania nk'uko tubikesha ikinyamakuru Mwanaichi hahise hatumizwa inama y'ikitaraganya iza kwigirwamo ibi bibazo bishobora kudindiza umupira w'amaguru muri Tanzania

Mar 27, 2025 - 10:31
Mar 27, 2025 - 11:18
 0
Tanzania  :Ubukeba hagati ya  Simba na  Yanga bukomeje kuvugisha benshi
Abakinira aya makipe yombi iyo yahuye baba bafite ishyaka (Ifoto /Internet )

 

Muri iyi nama igomba kuba kuri uyu wa Kane mu mujyi wa Dar es salaam  igomba kwitabirwa n’ubuyobozi bw’ikipe ya Simba na Yanga, bayobora ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ndetse n’abayobora urwego rureberera imigendekere ya Shampiyona y’icyiciro cya Mbere muri Tanzania(TPLB).

Ikipe ya Simba yanze kwitabira umukino wagombaga kuyihuza na Yanga bihora bihanganye muri iki gihugu, bitewe n’uko ikipe ya Yanga  icyo gihe  yanze ko Simba  ikorera imyitozo ya nyuma kuri Stade Benjamin Mkapa..

Yanga imaze kwangira ikipe ya  Simba kudakorera imyitozo kuri Stade Benjamin Mkapa,ikipe ya Simba  yandikiye  urwego rushinzwe Shampiyona y’icyiciro cya mbere ndetse n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania, ivuga ko itazitabira uyu mukino bitewe n’ amananiza yabaye mbere y’uyu mukino .

Icyo gihe umunsi w’umukino warageze  ,  ikipe ya Yanga SC igiye mu kibuga itegereza ikipe ya Simba iraheba, bityo  gutera mpaga ntibyaba. Iki cyemezo nticyanyuze  iyi kipe bityo itanga ikirego mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (TAS).

Kuri ubu Shampiyona ya Tanzania igeze  ku munsi wa 23 aho ikipe ya Yanga SC ari nayo iyiyoboye , n’amonota 58, ikaba irusha ikipe ya  Simba SC inota rimwe kuko Simba ifite amanota 57.

Lucien Kamanzi .