RWAMAGANA:Barasaba imodoka yo kubafasha gukusanya imyanda ikorwamo ifumbire
Urubyiruko rwo mu murenge wa Nzige mu karere ka Rwamagana rwishyize hamwe rutangira umunshinga wo kwikorera ifumbire bakora mu myanda ivuye hirya no hino mu masoko bakayivanga n'ibigorigiri bavuga ko babitekereje bamaze kubona ko hari abatabasha kuyibona kuko ihenze,gusa ubu mu mbogamizi bagaragaza nuko uburyo bwa bujyanye n’ubwikorezi bubagora,basaba ko leta yabunganira kugira ngo bashobore kugura imodoka yabafasha .
Muhirwa James ahagarariye iri tsinda ry’urubyiruko aragaruka ku cyatumye batekereza uyu mushinga ati” Natwe dusanzwe turi abahinzi ,tujya gutekereza uyu mushinga rero icyari kigambiriwe ni ukwikorera ifumbire ariko kandi tugafasha n’ababandi badafite ubushobozi kuba bayibona ku giciro gito bitabagoye kuko irahenze cyane,tuyikora mu myanda dukura mu masoko atandukanye harimo irya Karenge dutekereza no kuyivana mu isoko rya Ntunga ariko ikibazo ni uburyo bwo kuyizana kuko gukodesha imodoka birahenze,Leta idufashije tukabona iyacu byadufasha kuko ifumbire yacu abaturage barayikunze .”
