Ngoma : Nyirabasinga Epiphanie ufite ubumuga ahamya ko umuntu ufite ubumuga nawe ashoboye

Nyirabasinga Epiphanie ni umukozi ku bitaro by’icyitegererezo bya Kibungo mu karere ka Ngoma yagize ubumuga bw’ingingo akuze yaje kugira amahirwe yo kwiga mu kigo cya Gatagara n’ababyeyi be bamuba hafi bamwitaho.

Apr 22, 2024 - 16:33
Apr 23, 2024 - 15:45
 0
Ngoma : Nyirabasinga Epiphanie ufite ubumuga ahamya  ko umuntu ufite ubumuga nawe ashoboye
: :
playing

Nyirabasinga yaje no kujya kwiga kaminuza  akurikira ishami ry’ubuzima  kuri ubu amaze imyaka itandatu  akora mu isuzumiro ry’ibi bitaro bya Kibungo . Avuga ko mu kazi hari benshi bamwigiraho ndetse bamusaba ubufasha nubwo mu mbaraga ze haribimugora. Ati’’Iyo hano haje umuganga mushya abanza kungirira impuhwe ariko uko iminsi igenda ishira bagenda babona ibikorwa byanjye bamwe bakansaba ubufasha kuba mfite ubumuga bw’urugingo si uko ntashoboye kuko ntawampa akazi ngo mbure kugakora neza icyo bamfashaho ni ukundinda akazi gatuma mpagarara amasaha menshi naho nta mukozi untanga kugera ku kazi kuko isaa moya  za mu  gitondo mbanahageze ni ukuri ndagaya cyane nka nababazwa n’abantu bafite ubumuga bagisabiriza kuko turashoboye .Buriya umuntu ufite ubumuga yakora akazi gahwanye n’imbaraga ze atiriwe aba umuzigo kuri sosiyete .Leta yacu ntirobanura abantu bafite ubumuga bishyize hamwe bafashwa uko batangira akazi mu gihe batagize amahirwe yo kwiga bagakora imirimo iciriritse ariko ibafasha kwiteza imbere .’’Akomeza avuga ko abantu bafite ubumuga bashoboye mu bikorwa by’umurimo agasaba ababyeyi babyara abana bafite ubumuga kubaha amahirwe nkayo yahawe none akaba akomeje urugamba rwo kwiteza imbere Ati’’ Mbabazwa n’abantu bafite ubumuga bagisababiriza rimwe na rimwe batanafite ubumuga bukomatanyije. Ikindi nka babazwa n’ababyeyi badaha amahirwe abana bafite ubumuga ngo babajyane ku ishuri, buriya umuntu ufite ubumuga nawe ku murimo yaba intangarugero ’’.

Ibarura rusange rya kozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ryagaragaje ko mu karere  ka Ngoma mu mwaka 2022  abantu bafite ubumuga bagera 13,165 .

Uwayezu Mediatrice /Ngoma