Gicumbi: Ikiraro cyangiritse gikomeje guhungabanya ubuhahirane
Abatuye mu tugari twa Nyamabuye na Nyarutarama mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi barasaba gukorerwa ikiraro gihuza utu tugari twombi kugira ngo ubuhahirane bukomeze kugenda neza

Abatuye mu tugari twa Nyarutarama na Nyamabuye mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi bavuga ko bahangayikishijwe n’ikiraro gihuza utu tugari cyangiritse cyane ku buryo nta kinyabiziga kihanyura ndetse ngo n’abana bajya ku ishuri bahura n’imbogamizi ikomeye yo kubura uko bambuka kugira ngo bajye kwiga, aba baturage barasaba ubuyobozi kugira icyo bukora kugira ngo ubuhahirane hagati yabo bugende neza.
Musengimana Ariette atuye mu kagari ka Nyamabuye yagize ati”Ubuhahirane bwarahagaze hagati y’utugari twacu kuko ubu abana bacu kugera ku ishuri ni ikibazo bidusaba kubajyana tukajya no kubazana rwose ubuyobozi budufashije bwatwubakira ikiraro ubuhahirane bugakomeza''.
Munyemana Fabien nawe atuye muri aka gace yagize ati”Rwose ubuhahirane bwarahagaze ku buryo n’imodoka zajyanagayo imyaka zabuze aho zinyura bikatudindiza mu iterambere turasaba ko badukorera ikiraro”.
Ati”Rwose kiriya kiraro turakizi ariko twashatse uburyo abaturage baba bifashishije ariko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa dusanzwe dukorana kiriya kiraro mu mwaka utaha turizeza abaturage ko kizakorwa”.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buri gukora urutonde rw’ibindi biraro byangiritse kugira ngo bikorwe hagamijwe korohereza ingendo z’abaturage mu mirenge itandukanye.