BUGESERA :Barishimira ko begerejwe amazi meza

Abaturage basaga ibihumbi mirongo itatu batuye mu karere ka Bugesera mu murenge wa Juru na Mwogo bahawe umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero mirongo itanu barasabwa kuyafata neza bita ku mavomo birinda kwangiza ibikorwa remezo birimo amatiyo n’ibigega.

Apr 27, 2024 - 17:26
 0

Mu buzima bwabo bwa buri munsi abatuye mu murenge wa Juru na Mwogo  bahoraga bifuza kuvoma amazi meza kuko bavomaga ay’ibishanga bigatuma  bahora  kwa muganga bivuza inzoka .Ubu barabyinira ku rukoma kubera ko Leta  yabegereje  amazi meza .Ibintu bumvaga ari inzozi ,bagashimira perezida Kagame Paul wabazaniye amajyambere.Umwe  muribo agira ati ’’Twahoraga kwa muganga kubera kunywa no gukoresha amazi mabi ariko ubu  turishimye kuba tubonye aya mazi ,perezida wacu rwose tumuhaye impundu kubona imyaka ishize tutagira amazi none akaba ayaduhaye ’’.

Mugenzi we nawe avuga ko indwara y’inzoka igiye gucika  ati ’’Urabona ko ubu dukeye kubera isuku ,nta muntu uzongera kurwara inzoka kubera aya mazi meza baduhaye  turishimye  ’’

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Mutabazi Richard avuga ko bishimira kuba aba baturage barahawe amazi meza kuko nabo byari bibahangayikishije akizeza n’abatarayabona nko mu murenge  wa Rweru ko bazayahabwa vuba.Ati  ’’Ni igikorwa kidushimishije cyane nk’ubuyobozi ku mpamvu nyinshi iya mbere ni uko tuzi umumaro w’amazi  ,iya kabiri ni uko  dusubije icyifuzo cy’abaturage inyungu ni nyinshi .Turabizi twese ahantu hari amazi meza icyo bimarira abaturage kuba bavoma hafi kuba umwanya bari bukoreshe bajya kuvoma  bakora ibindi  bibateza imbere ,ariko no kuba bahoraga babivuga bikadutera imbaraga zo gushaka abafatanyabikorwa .Ubu tugeze kuri   mirongo irindwi na gatanu n’igice kimwe ku  ijana kugira ngo abaturage bose babone amazi ’’

Umuyoboro w’amazi watashwe  ungana n’ibirometero mirongo itanu ugenewe kuvomwaho n’abaturage basaga ibihumbi mirongo itatu.

Nyiraneza Josiane /Bugesera