Rwamagana: Abakora ubuhinzi bw’imboga n’imbuto basezereye ubukene

Abahinzi b’imboga n’imbuto bibumbiye mu makoperative akorera mu mirenge ya Muhazi na Munyaga mu Karere ka Rwamagana biteje  imbere babikesha ubu buhinzi

May 20, 2026 - 15:15
May 20, 2026 - 15:32
 0
Rwamagana: Abakora ubuhinzi bw’imboga n’imbuto basezereye ubukene
Inyanya nazo zateza imbere umuhinzi (Ifoto /Jane U.)

Aba bahinzi barimo abahinga  inyanya,puwavoro  ,cocombure   n’urusenda ndetse n’abimbuto zirimo avoka n’imyembe bakorera mu ma koperative bavuga ko ubu buhinzi bwabagiriye akamaro kuko bimwe mu byo bejeje harimo n’ibijyanwa ku isoko  mu mahanga ,ibintu byatumye basezerera ubukene ubu bakaba bari gukora ibikorwa byo kwiteza imbere ubwabo ndetse n’imiryango yabo

Nyamurasa Jean Marie Vianney ni umuhinzi w’imboga mu murenge wa Muhazi akaba ari na Perezida wa koperative Duhuze imbaraga Muhazi aravuga ku kamaro k’ubu buhinzi yagize ati”Duhinga imboga zirimo inyanya ,puwavuro z’amabara umutuku,umuhondo ,urusenda ndetse ndukora n’ubutubuzi bwa avoka,mu byukuri aho dutangiriye guhinga izi mboga muri greenhouse twabonye umusaruro mwiza kandi mwinshi kuko turanuhira mu gihe cyose,ubu kubera tubona amafaranga ku gihe turi muri gahunda zo kwiteza imbere turizigamira muri Ejo Heza ,twishyurira Mutuweri ku gihe”

Yakomeje agira ati”ubu abanyamuryango ba Koperative bavuguruye amazu babamo,bishyurira abana babo amashuri,turi mu bimina tugabana ku mwaka ibi byose turabikesha ubuhinzi bw’imboga n’imbuto”

 Bugenimana Immaculee we ni umunyamuryango wa koperative Twongere umusaruro ikorera ubuhinzi bw’imbuto zirimo avoka n’imyembe mu murenge wa Munyaga avuga ko kuva yatangira ubu buhinzi bumaze ku mugeza kuri byinshi nk’umugore harimo ko yiguriyemo n’amatungo magufi ati”turi abadamu twibumbiye hamwe dukora ubu buhinzi kandi byaradufashije cyane ,mbere wasangaga twicara gusa tugatega ko abagabo bacu baduha buri kimwe cyose,ariko ubu natwe hari ibyo dukemura mu rugo ,navuga nko kugurira umwana ibikoresho by’ishuri ntabwo bamwirukana kuko dufatanya na se tugakora inshingano “

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko yiteje imbere no ku giti cye ati” ubu mfite amatungo y’ingurube naguze mu bwizigame bwanje ,iyo hari ikibazo mpuye nacyo biramfasha cyane kuko zirabwagura mbese navuga ko ubu ibintu bimeze neza kandi mbikesha ubuhinzi bwa avoka n’imyembe duhinga”

Avoka (Zihingwa na Koperative twongere umusaruro)

 Mwizerwa Odifax ni umuhuzabikorwa w’umushinga EUCORD Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rwamagana mu kongerera abahinzi ubushobozi harimo kongera umusaruro ,kubongerera ubumenyi mu buhinzi bakora ndetse no kubafasha kubona amasoko yagarutse kuri ibi bikorwa bakora mu karere ka Rwamagana  yagize ati”uyu mushinga ugamije kuzamura amajyambere y’amakoperative muri aka karere dukorana na koperative 18 ,tubafasha rero mu kuzamura umusaruro,kubaha amahugurwa kugirango bagire ubumenyi bwisumbuye mubyo bakora kandi ikindi gikomeye nuko tubafasha kubona amasoko,mu gihe umusaruro ubonetse ku buryo bitabagora kandi ni gahunda ikomeje yo kubaba hafi kugira ngo bakore ubuhinzi buteye imbere”

 Mu Karere ka Rwamagana ibikorwa by’ubuhinzi bw’imboga n’imbuto bihingwa ku buso bungana  na hegitari  igihumbi na magana abiri ,muri byo ibyoherezwa mu mahanga ni urusenda,imiteje na  avoka.

 

Kokombure (Zihingwa na Koperative Duhuze imbaraga Muhazi

Jane Uwamwiza /Rwamagana