I Burasirazuba: Polisi ivuga ko ikoranabuhanga ryabafashije mu ifatwa ry'abanyabyaha.

May 20, 2026 - 14:14
May 20, 2026 - 15:33
 0
I Burasirazuba: Polisi ivuga ko ikoranabuhanga ryabafashije mu ifatwa ry'abanyabyaha.

Polisi y'u Rwanda ikorera mu Ntara y'iburasirazuba ivuga ko ikoranabuhanga ryabafashije mu gutuma abanyabyaha bafatwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburasirazuba SSP Hamdun Twizeyimana

Hifashishijwe utudege duto tutagira abapilote tuzwi nka (Drones) mu mirenge ya Kabare,Murama na Rukara mu Karere ka Kayonza hafashwe abakora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe bazwi nk'imparata ,n'abakora inzoga zitujuje ubuziranenge birimo kanyanga mu murenge wa Nyamirama na Rwinkwavu,nkuko bisobanurwa n'umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'iburasirazuba .

SSP Hamdun Twizeyimana Ati"ikoranabuhanga rifasha cyane mu mutekano kuko ryoroshya ndetse rikanihutisha mu gufata abanyabyaha, mu minsi itatu gusa tumaze dukoresha Drones tumaze gufata abakora inzoga z'inkorano zizwi nka magwingi ndetse na kanyanga" yongeyeho ko hari n'ababazaniye bimwe mu nikoresho bakoreshaga bateka inzoga zitemewe Kandi bakaba baniyemeje kubivamo.

Bimwe mu bikoresho byifashishwaga n'abakora inzoga zitemewe

Yakomeje agira Ati"twafashe Kandi n'abakora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe Kandi Bose batwemereye ko bagiye kubivamo ahubwo bakadufasha mu bukangurambaga bwo kubirwanya"

 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'iburasirazuba SSP Hamdun Twizeyimana akomeza avuga ko n'Abaturage biyemeje gufatanya mu kurwanya ibi byaba Ari"iki n'igikorwa twakoze nk'inzego z'umutekano kubufatanye n'ubuyobozi turishimira ko n'Abaturage ubwabo biyemeje ubufatanye mu kurwanya ibyaha nkibi bakanatanga amakuru"

 

Muri iki gikorwa cyo gufata abanyabyaha hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Drones mu Karere ka Kayonza hafashwe abakora ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe bazwi nk'imparata 30 n'abatekaga inzoga zitemewe 43 Ndetse hanamenwa litiro 3500z'inzoga z'inkorano za magwingi na litiro 46 kanyanga .