FIFA yatangiye iperereza ku bakinnyi ba Argentina
FIFA yatangiye iperereza ku bakinnyi babiri b'ikipe y'igihugu ya Argentina aribo Nahuel Molina na Leandro Paredes, nyuma y'imvururu zabaye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 2026 urangiye, aho Spain yari imaze kwegukana igikombe itsinze Argentina.
Amakuru yatangajwe na FIFA agaragaza ko iperereza ryibanze ku myitwarire y'aba bakinnyi nyuma y'uko amashusho agaragaje bakubita no gusagarira bamwe mu bakinnyi ba Spain bari mu byishimo byo kwizihiza intsinzi yabo. Ibi byabereye mu kibuga nyuma y'uko umukino wari urangiye, ibintu byakuruye imvururu hagati y'abakinnyi b'impande zombi.
Nahuel Molina agaragara mu mashusho akubita Rodri, mu gihe Leandro Paredes na we agaragara asagarira Eric Garcia ndetse agasunika Gavi wageragezaga gukiza bagenzi be. Uko gushyamirana kwatumye abakinnyi benshi baturuka ku mpande zombi binjira muri ayo makimbirane mbere y'uko abatoza n'abashinzwe umutekano babatandukanya.
FIFA yavuze ko yashyizeho urwego rushinzwe imyitwarire n'ibihano kugira ngo rusuzume ibyabaye, harebwe niba Molina na Paredes barishe amategeko agenga imyitwarire mu mupira w'amaguru. Nubwo hataratangazwa igihe icyemezo cya nyuma kizafatirwa, aba bakinnyi bashobora guhanishwa guhagarikwa igihe runaka cyangwa ibindi bihano biteganywa n'amategeko ya FIFA, mu gihe iperereza ryaba ribagaragajeho amakosa.
Uyu mukino wa nyuma warangiye Spain yegukanye Igikombe cy'Isi cya kabiri mu mateka yayo itsinze Argentina igitego 1-0 cyabonetse mu minota y'inyongera. Icyakora, ibyishimo byo kwegukana igikombe byasibwe n'imvururu zabaye nyuma y'umukino, ibintu byateye impungenge abakurikiranira hafi umupira w'amaguru ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe iperereza rikomeje, FIFA itegerejweho gutangaza umwanzuro uzagena niba aba bakinnyi bazahanwa cyangwa niba hari izindi ngamba zizafatwa ku ruhande rw'ikipe ya Argentina, hagamijwe kurinda indangagaciro z'imikino no gukumira imyitwarire idahwitse mu marushanwa mpuzamahanga.
Jacques Roger NSHIMIYIMANA

