KIREHE :Bahangayikishijwe no kutagira icyumba cyo kubyariramo kisanzuye
Ababyeyi bo mu murenge wa Musaza mu karere ka Kirehe bavuga ko bahangayikishijwe n’ubuto bw’icyumba bayariramo cyo ku kigo nderabuzima cya Musaza babyariramo bagasaba ko bakubakirwa bakajya babyarira ahantu hisanzuye .
Abasaba ko icyumba ababyeyi babyariramo ku kigonderabuzima cya Musaza mu karere ka Kirehe cyakwagurwa ni ababyeyi bahaturiye bavuga ko babangamirwa n’ubuto bw’icyumba babyariramo kuko iyo umubyeyi ari ku bise yitegura kubyara usanga haba hari uruhurirane rw’abantu batandukanye bityo bikaba bidakwiye ku mubyeyi bagasaba ko icyo cyumba cyakwagurwa bakajya bajya kubyarira ahantu hisanzuye,nkuko bivugwa na Mukamana Annociathe . Ati’’ Duhangayikishijwe nuko iyo tugiye kubyara aho dutegerereza haba hari abantu benshi bareba uko ababyeyi baribwa n’ibise jyewe nababajwe no kuba haba hari abana n’abandi barwaza bareba uko umuntu aba ababara. Ababishinzwe badufashe batwagurire icyumba cy’ababyeyi bayariramo kuko biraduhangayikishije’’.
Nyirabagenzi Anne naw ni umubyeyi wigeze kuhabyarira agira ati ’’Turasaba ababishinzwe rwose badufashe icyumba cy’ababyeyi cyagurwe kuko usanga abantu babyiganira muri iki ngiki ’’.
Uretse kuba aba babyeyi bataka kuba mu gihe cyo kubyara babura aho bisanzurira kubera urujya n’uruza rwababa bari mu cyumba cy’ababyeyi basaba ko ibitanda baryamaho byakongera kuko ibihari nabyo bidahagije.