Didier Dechamps yahamagaye abakinnyi batarimo Camavinga.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’ubufaransa Didier Dechampa yatangaje abakinnyi 26 batarimo Eduardo Camavinga.
Uyu mukinnyi usanzwe akina hagati mu ikipe ya Real Madrid ntiyisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 Didier Dechamps azakoreha mu mikino y’igikombe cy’isi kizatangira tariki 11 Kamena muri uyu mwaka. Dechamps abajijwe impamvu atamuhamagaye yavuze ko yagize imvune nyinshi kandi ko atari no mu bihe byiza.
Abandi basizwe ni Randal Kolo Muani wari warakoreshejwe mu gikombe cy’isi giheruka ndetse na Pierre Kalulu ukinira ikipe ya Juventus.
Mu bahamagawe batari bitezwe cyane ni abakinnyi babiri ba Crystal Palace aribo Maxence Lacroix ndetse na Jean Philippe Mateta.
Abakinnyi 26 bahamagawe:
Abazamu: Brice Samba, Mike Maignan, Robin Risser
Ba Myigariro: Malo Gusto, Maxence Lacroix, Jules Kounde, Lucas Digne, Ibrahima Konate, William Saliba, Dayot Upamecano, Lucas Hernandez, Theo Hernandez
Abo hagati: Rayan Cherki, Aurelien Tchouameni, Adrien Rabiot, N'Golo Kante, Maghnes Akliouche, Manu Kone, Warren Zaire-Emery
Abataka: Ousmane Dembele, Bradley Barcola, Jean-Philippe Mateta, Marcus Thuram, Desire Doue, Kylian Mbappe, Michael Olise.
Ubufaransa buri mu itsinda I ririmo Senegal, Iraq, na Norway.
Jacques Roger NSHIMIYIMANA

