Ibrahima Konate agiye kuva muri Liverpool nyuma y’imyaka itanu
Ibrahima Konate w’imyaka 27 winjiye muri Liverpool mu mpeshyi y’umwaka wa 2021 avuye muri RB Leipzig agiye kuyisohokamo nyuma yo gutwarana nayo ibikombe birimo Premier League imwe, FA Cup ndetse na Carabao Cup ebyiri mu mikino 183 yakinnye.
Uyu mukinnyi w’imyaka 27 yari mu biganiro n’iyi kipe bigamije kongera amasezerano mu ikipe ya Liverpool, ariko impande zombi ntizabashije kumvikana ku masezerano mashya, bityo akaba agiye kuyivamo ku buntu.
Konate amaze igihe avugwa mu makipe menshi yo mu Burayi kuva umwaka watangira, ariko kugeza ubu ntarafata umwanzuro w'ikipe agomba kwerekezamo.
Uyu mukinnyi mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cy'Ubufaransa amaze gukinira ikipe ya Liverpool imikino 183 kuva yayigeramo avuye muri RB Leipzig, aho yegukanye igikombe kimwe cya Premier League, kimwe cya FA Cup ndetse n’ibikombe bibiri bya Carabao Cup.

