Real Madrid iri mu biganiro na Ibrahima Konaté wanze kongera amasezerano muri Liverpool

Ibrahima Konaté yatangiye ibiganiro n'ikipe ya Real Madrid aho ashobora guhabwa amasezerano y'imyaka ine mu gihe Florentino Pérez yaba yongeye gutererwa kuyobora iyi kipe.

Jun 2, 2026 - 16:47
 0
Real Madrid iri mu biganiro na Ibrahima Konaté wanze kongera amasezerano muri Liverpool

Fabrizio Romano abinyujije ku rukutwa rwe rwa X, yatangaje ko ikipe ya Real Madrid yatangiye ibiganiro n’Umufaransa Ibrahima Konate wakiniraga ikipe ya Liverpool.

Yatangaje ko mu gihe umuyobozi w’iyi Kipe Florentino Pérez yaba yongeye gutorwa, Ibrahima Konate yahabwa amasezerano y’imyaka ine muri iyi kipe.

Konaté is said to have put bids from Saudi Arabia ‘on hold’ in order to join Los Blancos, with the likes of Paris Saint-Germain and Bayern Munich having also held a long-standing interest in him.

Bivugwa ko Ibrahima Konaté wifuzwaga n’amakipe nka Paris Saint-Germain na Bayern Munich; yatangaje yahagaritse ibiganiro by’amasezerano yo muri Saudi Arabia kugira ngo abanze ajye muri Real Madrid.

Konate wasoje amasezerano muri Liverpool yayinjiyemo muri 2021 avuye muri RB Leipzig aguzwe Miliyoni 40 z’Amapawundi; kuva yagera muri iyi kipe yigaragaje nk’umwe muri ba myugariro bakomeye muri Premiere League.