BAL SEASON 6: RSSB Tigers itumbereye kugera ku mukino wa nyuma wa BAL itsinze Al Ahly.

Mu mu ijoro ridasanzwe ritegerejwe n’ abakunzi ba Basketball mu Rwanda no muri Afurika yose, ikipe ya RSSB Tigers iracakirana n’ igihangange cyo mu Misiri Al Ahly SC mu mukino wa ½ cya Basketball Africa League (BAL) 2026.

May 27, 2026 - 11:20
May 27, 2026 - 12:21
 0
BAL SEASON 6: RSSB Tigers itumbereye kugera ku mukino wa nyuma wa BAL itsinze Al Ahly.

BAL Season 6: RSSB Tigers bbc from Rwanda at BK Arena (source: bal.nba.com)

RSSB Tigers, yahoze yitwa Tigers BBC mbere yo kugurwa na RSSB mu mpera za 2025, ni imwe mu makipe amaze gutera intambwe ikomeye muri Basketball nyarwanda. Iyi kipe yashinzwe mu 2019, ariko mu gihe gito gusa imaze kuba imwe mu makipe akomeye kuko uyu mwaka yegukanye Rwanda cup nyuma yo gutsinda APR BBC amanota 78-68 ari nabyo byayifashije kwitabira BAL nyuma yuko ikipe APR BBC yarimaze gutangaza ko itazitabira.

Al Ahly SC from Egypt at BAL Season Six.

BAL Season 6: Al Ahly SC from Egypt at BK Arena (source: bal.nba.com)

Ku rundi ruhande, Al Ahly yo mu Misiri ni ikipe ifite amateka akomeye muri Basketball nyafurika. Yatwaye BAL muri 2023 nyuma yo gutsindira AS Douanes ku mukino wa nyuma wabereye i Kigali, ndetse ubu irashaka kongera kugera ku mukino wa nyuma kugira ngo ibe iya mbere yatwara BAL inshuro ebyiri.

BAL Season 6: RSSB Tiger BBC vs FUS Rabat game 1 (source: bal.nba.com)

RSSB Tigers yageze muri ½ nyuma yo gusezerera FUS Rabat yo muri Maroc ku giteranyo cy’amanota 193 kuri 171 mu mikino 2, nubwo muri iyi mikino ibir yatakajemo umwe ku manota 99-98. Ni urugendo rutoroshye kuva muri Afurika y’epfo kugera hano I Kigali, gusa rugaragaza ko iyi kipe ifite ubushobozi bwo guhangana n’ amakipe akomeye ku mugabane.

Mu bakinnyi bitezwe cyane muri uyu mukino harimo Craig Randall wa RSSB Tigers, umaze gushyiraho amateka yo gutsinda amanota 54 mu mukino umwe wa BAL, ndetse na Nuni Omot wa Al Ahly wabaye MVP wa BAL 2023 aho umwaka ushize yanakiniraga ikipe ya APR BBC.

Abasesenguzi benshi bavuga ko uyu mukino ushobora kugenwa n’utuntu duto cyane, kuko amakipe yombi afite uburyo bukomeye bwo gutsinda amanota menshi. Al Ahly ifite ubunararibonye, ariko RSSB Tigers ifite inyota yo gukora amateka imbere y’ abafana bayo.

Uyu mukino utegerejwe kubera kuri BK Arena saa moya z’ijoro, aho abafana bategereje kureba niba RSSB Tigers yakora amateka akomeye yo kugera bwa mbere ku mukino wa nyuma wa BAL.

Jacques Roger NSHIMIYIMANA