Venezuela: Umutingito urimo guhitana abakinnyi n’imiryango yabo
Mu gihe Venezuela ikomeje kuvugwaho kwibasirwa n' umutingito ukomeye, amakuru akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko abantu benshi bahasize ubuzima, abandi bagakomereka, ndetse ibikorwa remezo byinshi bikangirika. Mu bavuga ko bahuye n' ingaruka z'iki kibazo harimo n' abakinnyi b' umupira w' amaguru n' imiryango yabo.
Amakuru ari gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko umutingito ukomeye wateje ibibazo bikomeye muri Venezuela, ugahitana abaturage benshi ndetse ugasiga abandi mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura abo mu miryango yabo.
Mu bantu bavugwa cyane harimo Héctor Bello, umukinnyi wa Marítimo de La Guaira, bivugwa ko umugore we yitabye Imana nyuma yo gukingira umwana wabo amatongo y'inzu yabagwiriye. Mu butumwa bwasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, Bello agaragaza agahinda kenshi, avuga ko azabwira umukobwa wabo ubutwari bw'umubyeyi we wemeye gutanga ubuzima kugira ngo amukize.
Aya makuru kandi avuga ko mugenzi we bakinana, Lucas Trejo, na we yagize ibyago bikomeye, aho umugore we n'abana babo babiri bivugwa ko bapfuye nyuma y'amasaha arenga 70 y'ibikorwa by'ubutabazi ndetse n'ishakisha.
Si abo gusa kuko hari n' andi mazina y'abakinnyi bakiri bato avugwa mu bahitanywe n'iki kiza. Harimo Yimvert Berroterán, uvugwa ko yapfanye n'umukunzi we, Razan Sijaa, wari umwe mu bakinnyi b'ikipe y'abatarengeje imyaka 18 yo mu mujyi wa Caracas, ndetse na Ricardo Veloz, wavugwaga nk'umwe mu bakinnyi bafite ejo hazaza heza mu mupira w'amaguru wa Venezuela.
Nubwo aya makuru akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, ni ingenzi ko ategerezwa kwemezwa n'inzego za Leta ya Venezuela, inzego zishinzwe ubutabazi cyangwa amakipe aba bakinnyi babarizwagamo.
Mu gihe ibikorwa by'ubutabazi n'ishakisha bikomeza, abaturage ba Venezuela bakomeje guhangana n'ingaruka z’imitingito yateje ibibazo bikomeye kwibasirwa n’iki gihugu.
Jacques Roger NSHIMIYIMANA

