Haravugwa Gatanya Hagati ya Diamond na Zuchu
Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Zuhura Othman Soud, uzwi cyane nka Zuchu, yatangaje ko we n’umugabo we, Diamond Platnumz batandukanye ndetse batangiye inzira yo gusaba gatanya mu buryo bwemewe n’amategeko.
Zuchu yabitangaje ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yavuze ko nyuma y’imyaka itandatu bari bamaze bari kumwe, yafashe icyemezo cyo kwikunda no gukomeza ubuzima bwe ku giti cye.
Zuchu kandi yasabye abakunzi be kumuha umwanya wo gukira ibikomere no kongera kwibanda ku buzima bwe ndetse no ku muziki akora.
Zuchu Ibi yabitangaje nyuma y’amasaha make inshuti ya hafi ya Diamond Platnumz, Baba Levo, atangaje ko uyu muhanzikazi yaba atwite.
Icyakora, Zuchu ntiyigeze agira icyo avuga kuri ibyo bivugwa mu butumwa bwe bwo gutangaza gutandukana kwabo, bituma abakunzi babo bakomeza kwibaza byinshi ku byaba byarabaye hagati yabo.
Kugeza ubu, Diamond Platnumz ntabwo yari yagira icyo avuga ku byatangajwe na Zuchu cyangwa ku mpamvu zatumye bafata icyemezo cyo gutandukana. Na Zuchu ubwe ntiyatangaje impamvu nyayo yatumye urukundo rwabo rugera ku iherezo.

