APR VC irifuza umukinnyi usoje amasezerano muri Kepler VC

APR Volleyball Club yakaniye mu rugamba rwo gushaka gusinyisha umukinnyi w’ikipe ya Kepler Volleyball Club Dusenge Wycliff, kuri ubu udafite ikipe abarizwamo nyuma y'uko amasezerano ye na Kepler VC arangiye mu mpera za shampiyona ya 2025/26.

Jun 29, 2026 - 14:31
Jun 29, 2026 - 14:33
 0
APR VC irifuza umukinnyi usoje amasezerano muri Kepler VC

Amakuru dukesha The New Times avuga ko iyi kipe y' Ingabo z' Igihugu yahaye uyu mukinnyi umushahara wa miliyoni 5 z'amafaranga y'u Rwanda ku kwezi kugira ngo yemere kuyisinyira. Icyakora, uyu mukinnyi w'imyaka 27 ntarafata icyemezo cya nyuma ku hazaza he.

Dusenge usanzwe ukina umwanya wa outside hitter afatwa nk'umwe mu bakinnyi ba volleyball b'abanyarwanda babahanga. Dusenge yasoje shampiyona yitwaye neza cyane, aho yahawe igihembo cy'umukinnyi wahize abandi (MVP) mu irushanwa rya Genocide Memorial Tournament 2026, nyuma yo gufasha Kepler VC kwegukana igikombe cy'iri rushanwa ngarukamwaka ryo kuzirikana abari abakinnyi n'abanyabigwi muri siporo bishwe muri Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Dusenge Wycliff

Kuva yagera muri Kepler VC, Dusenge yagize uruhare rukomeye mu gutuma iyi kipe izamuka ikaba imwe mu makipe akomeye ya volleyball mu Rwanda. Imikinire ye yafashije iyi kipe kugera mu mikino yanyuma ya kamarampaka muri shampiyona y’u Rwanda sezo ebyiri zishize (2024/25 na 2025/26), Yaniyerekanye kandi nk'umwe mu bakinnyi bahoraho bitwara neza bagira uruhare runini muri shampiyona.

Ubunararibonye bwe, ubushobozi bwo kuyobora bagenzi be ndetse n'ubuhanga afite mu gutsinda amanota byatumye aba umwe mu bakinnyi bifuzwa cyane ku isoko ry'igurisha n'igurana ry'abakinnyi imbere mu gihugu.

Kepler VC ntiratangaza niba iri mu biganiro byo kongerera amasezerano uyu mukinnyi, ibintu bikomeje gusigira APR amahirwe yo kumugira umwe mu bakinnyi b'ibanze yifuza gusinyisha.

James Achille Nhial

Hagati aho, APR iri no mu biganiro n'umukinnyi ukomoka muri Sudani y'Epfo, James Achille Nhial, ukina ku mwanya wa opposite hitter, mu rwego rwo gukomeza kongerera imbaraga ikipe mbere ya shampiyona ya 2026/27.

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu yakomeje kugaragaza ko yifuza kurema cyane isoko ry'igurisha n'igurana ry'abakinnyi nyuma ya shampiyona itaragenze neza, aho yananiwe kugera mu mikino ya kamarampaka ya shampiyona y’u Rwanda.

Mu rwego rwo kongera kubaka ikipe, APR yamaze gusinyisha umukinnyi ukina hagati (middle blocker) Patrick Byiringiro wari usanzwe akinira Kepler VC, ku masezerano y'imyaka ibiri. Biteganyijwe kandi ko izakomeza kongeramo abandi bakinnyi mbere y'uko shampiyona ya 2026/2027 itangira.

Jacques Roger NSHIMIYIMANA