Ronald Koeman yeguye ku mwanya w’umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi
Umuholandi Ronald Koeman yeguye ku mwanya w'umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Buholandi (Oranje), nyuma y'uko iyi kipe isezerewe hakiri kare mu gikombe cy'Isi cya 2026. Icyemezo cye kije nyuma y'igitutu gikomeye cyaturukaga ku musaruro utanyuze abafana ndetse no ku buryo ikipe yakinaga, ibintu byatumye ahitamo gusezera aka kazi ko gutoza iyi kipe y’igihugu.
Ronald Koeman, w'imyaka 63, yatangaje ko yeguye ku mwanya wo gutoza u Buholandi nyuma y'umunsi umwe Oranje isezerewe na Maroc muri 1/16 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026, nyuma yo kunganya 1-1 bagatsindwa kuri penaliti. Icyemezo cye cyasojwe nyuma y'amasaha make avuze ko yari agiye gufata umwanya wo gutekereza ku hazaza he, ariko nyuma aza kwemeza ko atazongera gukomeza gutoza iyi kipe.
Koeman yatangiye gutoza ikipe y'igihugu y'u Buholandi bwa mbere muri Gashyantare 2018, asanga igihugu kiri mu bihe bikomeye nyuma yo kubura Igikombe cy'u Burayi cya 2016 ndetse n'Igikombe cy'Isi cya 2018. Mu gihe gito yamaze ayitoza, yayifashije kongera gusubira ku rwego rwo guhatanira ibikombe, ayigeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Nations League mu 2019 ndetse anayihesha itike ya Euro 2020 mbere yo kuyivamo ajya gutoza FC Barcelona mu 2020.
Nyuma y'Igikombe cy'Isi cya Qatar 2022, Koeman yongeye guhabwa inshingano zo gutoza Ubuholandi asimbuye Louis van Gaal. Yatangiye muri Mutarama 2023 afite intego yo kubaka ikipe izahangana ku rwego rwo hejuru.
Kuva muri 2023, yagejeje u Buholandi muri 1/2 cya UEFA Euro 2024, umusaruro wafashwe nk'ikimenyetso cy’impinduka. Gusa, nubwo hari intambwe yatewe, yakomeje kunengwa kuba ikipe itarabashaga gutsinda amakipe akomeye ndetse no gukina umupira ushimisha abakunzi ba ruhago b'Abaholandi.
Igikombe cy'Isi cya 2026 cyabaye iherezo ry'urugendo rwe. U Buholandi bwari butegerejweho kugera nibura muri 1/2, ariko busezererwa hakiri kare na Morcco. Abasesenguzi benshi banenze uburyo Koeman yahisemo gukina yugarira cyane, akoresha ba myugariro batanu ndetse ahindura uburyo busanzwe bwarangaga ruhago y'Abaholandi bushingiye ku gusatira no kugenzura umukino.
Nyuma y'uwo mukino, itangazamakuru ryo mu Buholandi n'abahoze bakinira iyi kipe bagaragaje ko igihe cya Koeman cyari kirangiye. Nubwo yabanje kuvuga ko agikeneye gutekereza ku hazaza he, amakuru yaje kwemeza ko yahisemo kwegura aho gukomeza gukorera mu gitutu gikomeye.
Mu butumwa bwe bwo gusezera, Koeman yashimiye Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Buholandi (KNVB), abakinnyi, abatoza bungirije ndetse n'abafana bamugiriye icyizere mu bihe bitandukanye. Yanavuze ko nubwo atageze ku nzozi zo kwegukana Igikombe cy'Isi, yishimira uruhare yagize mu kongera kubaka no guteza imbere iyi kipe y’igihugu. Hari kandi amakuru agaragaza ko impamvu z'umuryango, zirimo uburwayi bw'umugore we, nazo zagize uruhare mu cyemezo cyo guhagarika akazi.
Kwegura kwa Koeman gusize Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Buholandi ritangiye gushakisha umutoza mushya uzategura ikipe izakina imikino ya UEFA Nations League ndetse n'iyo gushaka itike y'Igikombe cy'u Burayi cya 2028. Hagati aho, amazina y'abatoza batandukanye yatangiye kuvugwa nk'abashobora gusimbura Koeman, mu gihe abafana bifuza kongera kubona Ubuholandi bukina umupira nk’uwo bahoranye kera.
Nubwo Ronald Koeman asoje akazi ke adashoboye kugeza u Buholandi ku gikombe gikomeye, asize amateka yo kongera kubaka ikipe nyuma y'ibihe byari bigoye no kuyigarura mu marushanwa akomeye. Icyakora, gusezererwa hakiri kare mu gikombe cy'Isi cya 2026 no kunengwa ku buryo yakinishaga ikipe byabaye intandaro yo gusoza urugendo rwe, ubu amaso akaba ahanzwe umutoza mushya uzahabwa inshingano zo gusubiza iyi kipe ku rwego rwo guhatanira ibikombe.
Jacques Roger NSHIMIYIMANA

