Urubanza rwa Ingabire Victoire rugiye gusubukurwa.

Jun 4, 2026 - 12:54
 0
Urubanza rwa Ingabire Victoire rugiye gusubukurwa.

Urukiko Rukuru rwa Kigali rugiye gutangira kuburanisha mu mizi urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, “umunyapolitiki” utavuga rumwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda ku byaha bifitanye isano n’umugambi wo gukuraho ubutegetsi.

Uru rukiko ni rwo rwategetse ko Ingabire Victoire Umuhoza washinze ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akorwaho iperereza ku byaha bifitanye isano n’umugambi wo gukuraho ubutegetsi nyuma y’uko ibisobanuro yari yatanze mu rubanza ruregwamo abari abarwanashyaka be bitanyuze abacamanza.

Iki cyemezo cyafashwe ku wa 19 Kamena 2025 nyuma y’aho urukiko rutanyuzwe n’ibisobanuro Ingabire yatanze ku ruhare avugwaho mu mahugurwa yahawe abahoze ari abanyamuryango ba DALFA-Umurinzi.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko aya mahugurwa yari ajyanye no guhirika ubutegetsi binyuze mu bukangurambaga bwo kubwangisha abaturage.

Nyuma yo kumva ibisobanuro byatanzwe na Ingabire Victoire, Urukiko rwasanze ibisobanuro yatanze bidahagije kandi muri dosiye y’uru rubanza harimo ibimenyetso bimushinja.

Ubushinjacyaha bwahise butangira iperereza ndetse Ingabire Victoire atabwa muri yombi.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaje gutegeka ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe dosiye ye igitunganywa ngo yohererezwe Urukiko Rukuru.

Ingabire Victoire yahise ajyana ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga arega ko ingingo 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha yashingiweho n’urukiko rumuhamagaza mu iburanisha inyuranye n’itegeko nshinga.

Ku wa 27 Werurwe 2026, Urukiko rw’Ikirenga rwashimangiye ko ingingo ya 106 y’itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha itanyuranyije n’ibiteganywa na zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga, rwemeza ko ikirego cyatanzwe na Ingabire Victoire Umuhoza nta shingiro gifite.

Ibyo byahise biha amahirwe Urukiko Rukuru yo kuba rwakomeza urubanza.

Urubanza rwamaze guhabwa itariki nshya. Biteganyijwe ko ruzaburanishwa ku wa 15 Kamena 2026.

Biteganyijwe kandi ko ubwo ruzaba rusubukuwe, Ingabire Victoire aziregura ku byo Ubushinjacyaha bumurega na bwo bugire icyo bubivugaho.

Jane Uwamwiza