UBufaransa: bwashyizeho itegeko rikumira abana ku mbuga nkoranyambaga

Jul 22, 2026 - 15:34
 0
UBufaransa: bwashyizeho itegeko rikumira abana ku mbuga nkoranyambaga

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yemeje itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga, ndetse byitezwe ko rizatangira gukurikizwa mbere y’uko umwaka w’amashuri utangira.

U Bufaransa bubaye igihugu cya mbere mu Burayi giteye ikirenge mu cya Australia, aho itegeko rya mbere ku Isi ribuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga zirimo Facebook, Snapchat, TikTok na YouTube ryatangiye gukurikizwa mu Ukuboza 2025.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubwenge Buhangano, Anne Le Hénanff, yabwiye abagize Sena ati: “U Bufaransa butanze urugero, bubaye igihugu cya mbere mu Burayi cyemeje imyaka umuntu agomba kuba afite kugira ngo yemererwe gukoresha ikoranabuhanga.”

Imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko, ari yo Sena n’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yemeje iryo tegeko ku wa 21 Nyakanga 2026.

Perezida Emmanuel Macron, yari yasabye urubyiruko muri Mata kugabanya gukoresha telefone no gusoma ibitabo kugira ngo babe abaturage beza.

Izo mbuga kandi zizaba zigomba gukoresha uburyo bwo kugenzura imyaka y’abazikoresha bwemejwe n’ikigo cy’u Bufaransa gishinzwe kurengera amakuru bwite.

Uhereye Tariki ya 1 muri Nzeri, abantu bari munsi y'imyaka 15 ntibazashobora gufungura konti kandi hazasabwa kwemeza imyaka ku makonti yose mashya. 

Muri  Mutarama 2027, iri tegeko rizakurikizwa no ku makonti yose asanzwe - bivuze ko buri wese mu Bufaransa azasabwa kwerekana ko afite imyaka irenze 15 kugira ngo akoreshe imbuga nkoranyambaga. 

Nimara gushyirwaho, imbuga nkoranyambaga zizaba zisabwa gukoresha uburyo bwo kwemeza iyo myaka  kugira ngo yemererwe kuzikoresha.

By Jane Uwamwiza