Espagne yisubije umwanya wa mbere ku Isi, u Rwanda ruguma ku mwanya wa 128 ku rutonde rwa FIFA
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) ryashyize ahagaragara urutonde ngarukakwezi rw'amakipe y'ibihugu (FIFA/Coca-Cola Men's World Ranking), rugaragaza ko Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi, yagumye ku mwanya wa 128 ku Isi, mu gihe Espagne yazamutse ifata umwanya wa mbere nyuma yo kwitwara neza mu gikombe cy'Isi cya 2026.
Urutonde rushya rwa FIFA rwerekana ko Espagne ari yo kipe ya mbere ku Isi, ikurikiwe na Argentine yamanutse umwanya umwe, mu gihe u Bufaransa bwakomeje kuba ubwa gatatu.
Mu makipe 10 ya mbere ku Isi harimo:
- Espagne
- Argentine
- U Bufaransa
- u Bwongereza
- Brazil (+1)
- Maroc (+1)
- Portugal (-2)
- u Bubiligi (+1)
- u Buholandi (-1)
- Mexique (+4)
Mu bihugu bya Afurika, Maroc ni yo ikomeje kuyobora ibindi byose, ndetse inashyizeho amateka mashya yo kugera ku mwanya wa 6 ku Isi, ari na wo mwanya mwiza kurusha indi yose yigeze igeraho.
Ku ruhande rw'u Rwanda, Amavubi yagumye ku mwanya wa 128 ku Isi, nyuma yuko ntamanota rwatakaje cyangwa se ngo rwiyongereho yayo ugereranyije n'urutonde rwabanje.
Mu bihugu byazamutse cyane kuri uru rutonde, Mexique yazamutse imyanya ine, iva ku mwanya wa 14 igera ku wa 10 ku Isi, ihita isubira mu makipe 10 ya mbere. Indi ni ikipe y’igihugu ya Norvège yazamutseho imyanya 12.
Ku rundi ruhande, Portugal ni yo yamanutse imyanya myinshi mu makipe 10 ya mbere, iva ku mwanya wa gatanu ijya ku wa karindwi nyuma yo gutakaza imyanya ibiri. Mu gihe ku rutonde muri rusange Tunisia aricyo gihugu cyatakaje imyanya myinshi aho yamanutseho imyanya 12.
Ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw'ibihugu 210 bya FIFA haza San Marino, ikomeje kuba igihugu gifite amanota make kurusha ibindi byose.
Nubwo u Rwanda rutagize impinduka kuri uru rutonde, ruzakomeza kureba uko rwitwara mu mikino itaha kugira ngo ruzamuke. Hagati aho, Espagne yongeye kwerekana ko ari yo kipe ikomeye ku Isi yisubiza umwanya wa mbere, mu gihe Maroc ikomeje kwandika amateka mashya nk'igihugu cya Afurika kiri ku rwego rwo hejuru kurusha ibindi ku rutonde rwa FIFA.
Jacques Roger NSHIMIYIMANA

