Tanzania: Polisi yataye muri yombi abari bafite umugambi wo kwica bamwe mu Abayobozi Bakuru

Jul 6, 2026 - 09:24
 0
Tanzania: Polisi yataye muri yombi abari bafite umugambi wo kwica bamwe mu Abayobozi Bakuru

Polisi ya Tanzania yatangaje ko yafashe abantu bakekwaho kugira uruhare mu mugambi wo guteza imyigaragambyo no gukora ibikorwa by’urugomo, birimo no kugaba ibitero ku bayobozi ba guverinoma.

Ibi byatangajwe ku Cyumweru tariki ya 5 Nyakanga 2026 n’Umuvugizi wa Polisi ya Tanzania, David Misime, ubwo yavuganaga n’abanyamakuru mu Mujyi wa Dar es Salaam ahazwi nka Sabasaba, mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubucuruzi.

Polisi yavuze ko umutekano w’igihugu urinzwe, ndetse ko inzego z’umutekano zikomeje gukurikirana abantu bake bakekwaho gushaka guhungabanya ituze rusange.

Bimwe mu byo bashinjwa harimo gushaka kugaba ibitero ku bayobozi ba guverinoma, gusenya no kwangiza imitungo ya leta n’iy’abantu ku giti cyabo, gutwika amashuri, ndetse no kugaba ibitero ku nzego z’umutekano hagamijwe kubambura intwaro.

Misime yavuze ko hari abantu bake bakekwaho ibikorwa byo gutegura imyigaragambyo itemewe n’amategeko no gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gushishikariza urubyiruko gukora ibikorwa by’urugomo, inzego z’umutekano ziri maso.

Misime yasabye abaturage gukomeza imirimo yabo ya buri munsi nta bwoba, anabasaba gukorana n’inzego z’umutekano batanga amakuru ashobora gufasha gukumira ibyaha.

Polisi yo muri Tanzania ivuga ko yiyemeje kurinda abaturage bose no gukomeza kubungabunga amahoro n’umutekano muri Tanzania.

By Jane Uwamwiza