Mohamed Salah agiye kuva muri Liverpool FC mu mpera z’uyu mwaka w’imikino

Salah ni umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka y’iyi kipe, aho ari uwa gatatu ku rutonde rw’abatsinze ibitego byinshi.

Mar 24, 2026 - 21:43
 0
Mohamed Salah agiye kuva muri Liverpool FC mu mpera z’uyu mwaka w’imikino

Uyu mukinnyi w’imyaka 33, agiye gusoza urugendo rw'imyaka 9 amaze akinira ku kibuga cya Anfield cy'iyi kipe ya Liverpool.

Mu myaka icyenda amaze muri Liverpool, Salah yegukanye ibikombe bikomeye birimo bibiri bya Premier League, kimwe cya UEFA Champions League, FA Cup, League Cup ndetse na Club World Cup. Ibi byamugize umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri iyi kipe.

Kuva yasinyira Liverpool avuye muri AS Roma mu 2017, Salah yaciye uduhigo twinshi turimo kuba yaratsinze ibitego 255 mu mikino 435 mu marushanwa yose, kandi akaba yaranabaye umukinnyi mwiza w’umwaka (Player of the Season) mu buryo bwemejwe n’abantu bose ubwo Liverpool yatwaraga Premier League umwaka ushize.

N'ubwo yitegura gusohoka muri iyi kipe, mu mwaka ushize yari yayisinyiye amasezerano y'imyaka ibiri. Mu mpera z'uyu mwaka mwaka wa Shampiyona aka ari bwo azasezerwaho ku mugaragaro.

Sarah uri muri Liverpool iri mu bihe bibi muri Shampiyona y'Abongereza yagize ati "Muraho mwese. Ikibabaje ni uko igihe kigeze. Iyi ni intangiriro y’ubutumwa bwo kubasezeraho. Nzava muri Liverpool mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.”

Yakomeje agira ati “Nta na rimwe nigeze ntekereza ko iyi kipe, uyu mujyi n’abantu bayo bazaba igice gikomeye cyane cy’ubuzima bwanjye. Liverpool si ikipe gusa, ni urukundo, ni amateka, ni umwuka udasanzwe.”

“Twishimiye intsinzi, dutwara ibikombe bikomeye, kandi twanyuze hamwe mu bihe bikomeye cyane mu buzima bwacu.”

“Ndashimira buri wese wabaye muri iyi kipe mu gihe cyanjye hano, cyane cyane abo twakinanye aba kera n’abo muri iki gihe ndetse n’abafana. Nta magambo ahagije nabona yo kubashimira. Mwanyeretse urukundo mu bihe byiza ndetse munanyihanganira mu bihe bikomeye. Ibyo sinzigera mbyibagirwa.”

Mohammed Sarah arateganya gusohoka muri iyi kipe mu gihe isa n'iyatakaje amahirwe yo gutwara igikombe cya Shampiyona; dore ko hasigaye imikino 7 gusa kandi ikaba irushwa na Arsenal iri ku mwanya wa mbere amanota 11.