Abantu barenga Miliyoni 8 buri mwaka ku Isi bicwa n'itabi
Buri mwaka tariki 31 Gicurasi, ishami ry'umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima WHO ryizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kutanywa Itabi .
"World No Tobacco Day". Intego ni ugukangurira abantu ku ngaruka z’itabi no gufasha abanywi baryo kurireka.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ifatanyije na Rwanda FDA bakora ubukangurambaga ahahurira abantu benshi nko mu mashuri, ku masoko no ku mbuga nkoranyambaga.
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka 2026 ni "Tobacco exposes you”bisobanura ngo “Itabi rigushyira ahagaragara”.
Bagenda bigisha ko itabi ritera kanseri y’ibihaha, indwara z’umutima, ndetse rikangiza amafaranga y’umuryango. Rwanda ni kimwe mu bihugu bya mbere muri Afurika byemeje itegeko ribuza kunywa itabi ahantu rusange guhera 2011.
Mu Rwanda, itabi ryica abantu bagera ku 4,700 ku mwaka bitewe n’indwara ziterwa naryo ????
Mu mwaka wa 2021 Abantu 4,758 bapfuye kubera indwara zatewe n’itabi. Muri bo 2,967 ni abagabo, 1,791 ni abagore.
Ibi bigera kuri 5.16% by’urupfu rwose rwabaye muri uwo mwaka.
WHO ivuga ko itabi ryica abantu barenga miliyoni 8 buri mwaka ku isi. Miliyoni 1.3 ni abanywa itabi bapfuye kubera umwotsi w’abandi “second-hand smoke”.
Mu 1987 nibwo uyu munsi watangiye kwizihizwa, kugira ngo abantu basobanukirwe ko itabi ridafite inyungu, ahubwo ari urupfu rutinda.
Itabi riteza kanseri y’ibihaha, indwara z’umutima, stroke, n’izindi ndwara zidakira.
Mu Rwanda nubwo abanywa itabi bagabanutse kuva kuri 9.9% mu 2020 bagera kuri 5.6% mu 2024 .
*Inkomoko*
WHO.int - World No Tobacco Day 2026, Rwanda FDA, Minisiteri y’Ubuzima u Rwanda.
Jane Uwamwiza

