Iran na Amerika byumvikanye ku masezerano yo guhagarika intambara
Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byemeranyije ku masezerano agamije guhagarika intambara. Mu gihe Pakistan, yabaye umuhuza muri ibyo biganiro, yatangaje ko ayo masezerano azashyirwaho umukono ku wa Gatanu mu Busuwisi.
Donald Trump yavuze ko umuhora wa Hormuz uzafungurwa kandi ko Amerika izahagarika igikorwa cyo gukumira ibikorwa byo mu nyanja bya Iran. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yagize ati: "Reka peteroli ikomeze gutemba!" Nyuma y'iri tangazo, ibiciro bya peteroli byahise bigabanuka.
Minisitiri wungirije ushinzwe ububanyi n'amahanga muri Iran yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko amasezerano yamaze kugerwaho, mu gihe ubuyobozi bukuru bw'Ingabo z'igihugu bwavuze ko ibyo ari intsinzi ya Tehran.
Pakistan yavuze ko ayo masezerano anasaba guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Libani. Ariko Israel yatangaje ko ingabo zayo zizakomeza kuguma muri icyo gihugu.
Inyandiko yuzuye y'ayo masezerano ntiratangazwa. Nubwo intego nini Donald Trump yari afite zitaragerwaho burundu, BBC yanditse ko ayo masezerano ashobora kugabanya ibibazo by'ubukungu byatewe n'iyo ntambara.
Iyi ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare, ubwo Amerika na Israel byagabaga ibitero hirya no hino muri Iran. Nyuma y'ibyo, Iran yagabye ibitero kuri Israel no ku bihugu byo mu karere bifitanye ubufatanye na Amerika.

