Impamvu enye zatumye Ubufaransa busezererwa mu gikombe cy'Isi na Espanye

Ikipe y'igihugu y'u Bufaransa yasezerewe muri 1/2 cy'Igikombe cy'Isi nyuma yo gutsindwa na Espagne ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya AT&T. Ni umukino waranzwe n'imikinire iri hasi y'abakinnyi bakomeye b'u Bufaransa, amakosa y'ubwugarizi ndetse n'ivunika rya myugariro William Saliba, ibintu byatumye inzozi zo kugera ku mukino wa nyuma zirangirira aho.

Jul 15, 2026 - 15:41
Jul 15, 2026 - 15:57
 0
Impamvu enye zatumye Ubufaransa  busezererwa mu gikombe cy'Isi na Espanye

Espagne yongeye kwerekana ko ari inzitizi ikomeye ku Bufaransa. Mbere y'umukino, rutahizamu Lamine Yamal yari yavuze ko niba hari ikipe yagombaga gutinya indi, ari u Bufaransa bwagombaga gutinya Espagne. Aya magambo yaje gushimangirwa n’uko Espagne yongeye gusezerera Ubufaransa, nyuma yo kubikora no muri Euro 2024 ndetse na UEFA Nations League ya 2025.


Ubusatirizi burimo Kylian Mbappé, Ousmane Dembélé na Michael Olise ntacyo bwakoze

Nubwo u Bufaransa bwari bufite abakinnyi b'ibihangange barimo Kylian Mbappé, Ousmane Dembélé na Michael Olise, bose bananiwe kwitwara neza. Aba bakinnyi uko ari batatu bateye amashoti abiri gusa agana mu izamu, mu gihe Mbappé atigeze anatera ishoti na rimwe rigana mu izamu ndetse ntiyanigeze arema uburyo bufatika bwo gutsinda.

Michael Olise ntiyabashije kugaragaza urwego yari amaze kugeraho

Nyuma yo kugira umwaka mwiza muri Bayern Munich no kwitwara neza muri iri rushanwa, Michael Olise yari ategerejweho gufasha u Bufaransa kurema uburyo bwo gutsinda.


Icyakora, umukino wa 1/2 waramunaniye kuko yafashwe bikomeye na Rodri na Marc Cucurella. Inshuro nyinshi yatakazaga umupira cyangwa agatanga imipira itageze ku bo yakinaga na bo, bituma Mbappé na Dembélé babura serivisi bari bakeneye imbere y'izamu.

Lucas Digne yagowe no guhagarika Lamine Yamal

Mu bwugarizi bw'u Bufaransa, Lucas Digne ni umwe mu bakinnyi bagowe cyane. Ku munota wa 22 yakoze ikosa ryavuyemo penaliti nyuma yo gukubita umugeri Lamine Yamal mu rubuga rw'amahina, nyuma penaliti iza gutsindwa neza na Mikel Oyarzabal.


N'ubwo yagerageje kwisubiraho nyuma y'aho, Yamal yakomeje kumugora kugeza ubwo umutoza Didier Deschamps yamusimbuje ku munota wa 72, ariko icyo gihe Espagne yari yamaze gushyira umukino mu maboko yayo.

Ivunika rya William Saliba ryaciye intege Ubufaransa

Nk'aho gutsindwa bitari bihagije, u Bufaransa bwongeye guhura n'ikibazo gikomeye ubwo William Saliba yavunikaga ku munota wa 30 agasohoka mu kibuga.

Saliba wari umaze iminsi akinana ububabare ntiyabashije gukomeza umukino, asimburwa na Maxence Lacroix. Uyu myugariro mushya ntiyashoboye kuziba icyuho cya Saliba, bituma ubwugarizi bw'u Bufaransa burushaho guhungabana kugeza Espagne ibonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Pedro Porro.

Gusezererwa kw'u Bufaransa byagaragaje ko n'ubwo bufite abakinnyi bafite impano idasanzwe, amakosa y'ubwugarizi, kutitwara neza kw'abayobozi b'ubusatirizi ndetse n'ibibazo by'imvune bishobora gusenya inzozi zo kwegukana igikombe. Ku rundi ruhande, Espagne yongeye kwemeza ko ari imwe mu makipe akomeye ku Isi, ikomeza urugendo rwayo yerekeza ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi.

Jacques Roger NSHIMIYIMANA