Ubwongereza bwasabye FIFA gukora iperereza kuri Argentine
Guverinoma y'Ubwongereza yasabye Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) gukora iperereza kuri Argentine nyuma y'uko abakinnyi bayo bifotoreje ibendera ryanditseho ko Ibirwa bya Falkland (Malvinas), nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 muri 1/2 cy'Igikombe cy'Isi.
Nyuma y'umukino wa 1/2 cy'igikombe cy'Isi wabereye i Atlanta ku wa Gatatu, abakinnyi ba Argentine bahawe n'abafana ibendera ryari ryanditseho amagambo agira ati "Las Malvinas son Argentinas", asobanura ko Ibirwa bya Malvinas ari ibya Argentine. Bahise barifata baryifotorezaho mu birori byo kwizihiza intsinzi.
Iki gikorwa cyateje impaka zikomeye, aho Guverinoma y'Ubwongereza yahise isaba FIFA gukora iperereza, ivuga ko Argentine ishobora kuba yarenze ku mategeko abuza ibikorwa cyangwa ibimenyetso bya politiki ku kibuga.
Umuvugizi wa Minisitiri w'Intebe w'Ubwongereza, Keir Starmer, yavuze ko nubwo igihugu cye kitazegukana igikombe cy'Isi, Ibirwa bya Falkland bizakomeza kuba iby'Ubwongereza, ashimangira ko uburenganzira bw'ababituye bwo kwihitiramo ubuyobozi bwabo budashobora guhungabanywa.
Mbere y'aho, Minisitiri ushinzwe Ubucuruzi, Peter Kyle, yari yamaze gusaba FIFA gukora iperereza, avuga ko kwerekana iryo bendera ari ukurenga ku mategeko ya FIFA abuza ibimenyetso bya politiki mu marushanwa.
Argentine yita ibyo birwa Islas Malvinas, kandi imaze imyaka myinshi ivuga ko ari ubutaka bwayo. Mu 1982, ubutegetsi bwa gisirikare bwari buyoboye icyo gihugu bwateye ibyo birwa, bituma habaho intambara yamaze ibyumweru 10, yarangiye Ubwongereza butsinze.
Nubwo Argentine yageze ku mukino wa nyuma nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1, ibitego byatsinzwe na Enzo Fernandez na Lautaro Martinez bishobora gutwikirwa n'ingaruka z'icyemezo cyo kwerekana iryo bendera.
Amategeko ya FIFA agenga imyitwarire muri sitade abuza kwinjiza cyangwa kwerekana amabendera, imyenda cyangwa ubutumwa bufite aho buhuriye na politiki, ivangura cyangwa ibindi bishobora guteza amakimbirane.
Si ubwa mbere iki kibazo kivutse. Mu 2014, Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Argentine ryaciwe ihazabu y'amafaranga ibihumbi 30 by'amafaranga y'u Busuwisi nyuma y'uko abakinnyi bifototeje imbere y'ibendera rifite ubutumwa nk'ubwo mbere y'umukino wa gicuti na Slovenia.
Ku ruhande rwa Argentine, Visi Perezida Victoria Villarruel yavuze ko nubwo byabujijwe kwinjiza ayo mabendera muri sitade, abaturage ba Argentine "batwara Malvinas mu maraso no mu mitima yabo."
Impaka ku kubagomba kuba ba nyiri ibi birwa bya Falkland zimaze imyaka myinshi. Argentine ivuga ko u Bwongereza bwabifashe mu buryo bunyuranyije n'amategeko mu 1833, mu gihe u Bwongereza bushimangira ko ari ubutaka bwabwo kandi ko abaturage baho bemeje mu matora yo mu 2013 ko bifuza gukomeza kuba bagengwa n'Ubwongereza.
Umuryango w'Abibumbye (Loni) ntiwigeze wemera ku mugaragaro ubusugire bw'igihugu na kimwe kuri ibyo birwa, ahubwo umaze igihe usaba impande zombi gusubukura ibiganiro bigamije kugera ku mwanzuro w'amahoro.
Mu gihe FIFA itaratangaza niba izafungura iperereza kuri iki kibazo, ibikorwa by'abakinnyi ba Argentine byongeye kuzamura impaka zishingiye ku makimbirane amaze imyaka irenga 40 hagati ya Argentine n'Ubwongereza ku busugire bw'Ibirwa bya Falkland (Malvinas), ndetse bishobora no kuvamo ibihano nibigaragara ko barenze ku amategeko y'irushanwa.
Jacques Roger NSHIMIYIMANA

