Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Yampano ubwo yasabaga gukurikiranwa ari hanze.

Jun 23, 2026 - 17:34
 1
Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Yampano ubwo yasabaga   gukurikiranwa ari hanze.

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano yaburanye ubujurire ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, atakambira Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, arusaba ko rwategeka ko afungurwa, agakurikiranwa ari hanze aho gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Uru  rubanza rwaburanishijwe kuri iki  gicamunsi cyo kuri uyu wa 23 Kamena 2026.

 Yampano yajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kimufunga iminsi 30 y’agateganyo.

 Yerekanye ko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwirengagije imbabazi yahawe n’umugore we ku byaha byo gukubita no gukomeretsa ku bushake n’icyo kwangiza ikintu cy’undi, mu gihe icyo gukoresha ibiyobyabwenge yari yaratangiye urugendo rugamije kubireka burundu.

 Umunyamategeko we, yavuze ko banenga kuba Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaremeje ko hari impamvu zikomeye zituma Yampano akekwaho ibyaha bitatu kandi birimo ibyo, uwo yabikoreye yari yaramuhaye imbabazi.

 Umushinjacyaha yagaragaje ko   hari ibyaha amategeko aba yarateganyije ko ababana barashakanye iyo umwe atanze imbabazi, ikurikiranacyaha rihita rihagarara ariko hatarimo icyaha cyo gukubita no gukomeretsa cyangwa icyo kwangiza ikintu cy’undi.

Ku cyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge hashyizwemo icyemezo cyo kwa muganga kigaragaza ko Yampano yijyanye kwa muganga kugira ngo atangire gufashwa ku buryo yareka ibiyobyabwenge.

Umunyamategeko yasabye ko uwo yunganira yarekurwa, akagira ibyo ategekwa kugira ngo akomeze gufashwa kwivuza.

Yerekanye kandi ko Uworizagwira ubwe yagaragaje ubushake no kwijyana kwa muganga kugira ngo yivuze ibiyobyabwenge byari mu mubiri we kandi usanga abenshi babinywa baba babihisha.

 Yampano, yagaragaje ko we n’umugore we biyemeje kurangiza ibibazo by’amakimbirane bakubaka urugo rushingiye ku rukundo n’ubufatanye.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko nubwo hari ibyaha Yampano yababariwe n’uwo bashakanye, Urukiko rw’Ibanze rwari rwabisuzumye ariko rubisesenguye rusanga hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko ko mu bushishozi bwarwo rutahindura icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro cyategetse ko Yampano afungwa by’agateganyo.

Icyemezo cy’Urukiko kizasomwa ku wa 26 Kamena 2026 Saa Cyenda z’Umugoroba.

By Jane Uwamwiza