Amerika na Irani byongeye kugabanaho ibitero byo mu kirere.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Kamena, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran zongeye kugabanaho ibitero byo mu kirere, bihagarika amasezerano mashya y'agahenge nyuma yuko drone ya Irani igabye igitero ku bwato bw'ubucuruzi mu muhora wa Hormuz.

Jun 28, 2026 - 14:31
Jun 28, 2026 - 14:54
 0
Amerika na Irani byongeye kugabanaho ibitero byo mu kirere.

Drone y'igitero ya Irani yibasiye ubwato bwa peteroli MT Kiku, bufite ibendera rya Panama. Mu gusubiza, indege z'intambara za Amerika zagabye ibitero ku ntego 10 ku bikorwa remezo bya gisirikare bya Iran, birimo ububiko bwa drone, uburyo bwo kurinda ikirere, n'ibikoresho by'itumanaho.

Mu itangazo, CENTCOM yagize iti: "Irani yari yahawe amahirwe yo kubahiriza amasezerano y'agahenge, ariko yahisemo kutayubahiriza ubwo ingabo zayo zoherezaga drone y'igitero yakubise ubwato MT Kiku."

Ingabo z'Irani ziharanira Impinduramatwara ya Kisilamu (IRGC) zahise zisubiza vuba. Zarashe misile ndetse zinakoresha drone ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri Koweti na Bahrain.

IRGC yavuze ko Amerika ari yo yabanje kugaba ibitero ku birindiro byayo bitanu biri ku nkombe z'inyanja, yitwaje ko Ingabo zirwanira mu mazi za IRGC zari zihanganye n'ubwato Iran ivuga ko bwakoze amakosa.

Mu gusubiza, IRGC yavuze ko yibasiye "ibikorwaremezo umunani by'ingenzi" ku kigo cya Ali al-Salem muri Koweti ndetse inarasa no ku birindiro by'Ingabo za z'Amerika zirwanira mu mazi biri muri Port Salman, muri Bahrain, ivuga ko yabisenye.

Umuyobozi umwe wa Amerika yabwiye Reuters ko nta basirikare ba Amerika bapfuye cyangwa ngo hakangizwe bikomeye ibirindiro byayo byo mu burasirazuba bwo Hagati.

Icyakora, ibitero bya Irani byatumye Koweti na Bahrain bakoresha uburyo bwabo bwo kurinda ikirere kugira ngo bahagarike misile na drone byari bije.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga X, Ingabo za Koweti zagize ziti: "Ubu ubwirinzi bw'ikirere bwa Koweti burimo guhangana n'ibitero by'abanzi bikozwe na misile na drone." Minisiteri y'umutekano mu gihugu cya Bahrain na yo yasabye abaturage "kuguma batuje no kujya ahantu hizewe habegereye."

Ibi bitero byasenye amasezerano y'amahoro yari yasinywe n'impande zombi mu ntangiriro z'uku kwezi. IRGC yaburiye ivuga ko ibitero bya Amerika "bizahagarika burundu gahunda y'amahoro."

Mu itangazo ryayo, IRGC yagize iti: "Igitero icyo ari cyo cyose cy'umwanzi, cyaba gifite urwitwazo urwo ari rwo rwose, kabone n'iyo cyaba cyibasiye ahantu hadafite agaciro kanini nk'ibyabaye ejo nijoro n'uyu mugoroba, kizasubizwa mu buryo bukomeye cyane."

Minisiteri y'Ububanyi n' amahanga ya Irani na yo yamaganye ibyo yise "ibitero by'ubugome." Yavuze ko ibyo bigaragaza ko Amerika "idaha agaciro cyangwa icyizere na gito ibyo yiyemeza, kandi kutubahiriza amasezerano biri mu mico yayo."

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, Donald Trump yashyize ubutumwa bwo kuburira Irani ku rubuga rwe rwa Truth Social. Yanditse ko bishoboka cyane ko Tehran "itazigera yigira."

Yagize ati: "Hashobora kuzagera igihe tutazongera kubasha kwihangana, maze tugahatirwa kurangiza mu buryo bwa gisirikare umurimo twatangiye. Nibiramuka bibaye bityo, Repubulika ya Kisilamu ya Irani ntizongera kubaho!"

Uyu ni umunsi wa kabiri hakomeje imirwano yeruye muri ako karere. Mu masaha atageze kuri 24 mbere y'aho, Amerika yari yagabye ibindi bitero nyuma y'igitero cya drone cyo ku wa 25 Kamena cyari cyibasiye ubwato bw'imizigo MV Ever Lovely, bufite ibendera rya Singapore.

CENTCOM yavuze ko n'ubwo ibyo bitero byabaye, amato y'ubucuruzi agikomeje kunyura mu Mugezi wa Hormuz.

Jacques Roger NSHIMIYIMANA